• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Minisiteri y’Uburezi yasobanuye uburyo bushya bwo kwishyura umusanzu w’ababyeyi mu mashuri ya Leta

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 25, 2025
in Amakuru
2
Minisiteri y’Uburezi yasobanuye uburyo bushya bwo kwishyura umusanzu w’ababyeyi mu mashuri ya Leta
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yongeye gusaba amashuri ya Leta ndetse n’afatanya nayo ku bw’amasezerano kutarenza ibyo amategeko yemera ku misanzu y’ababyeyi, ahuriraho abana biga mu mashuri abanza, ay’incuke ndetse n’ayisumbuye.

Nk’uko bigaragara mu mabwiriza yatangajwe ku wa 14 Nzeri 2024, umubyeyi ugira umwana wiga mu mashuri yisumbuye amucumbikiye asabwa kwishyura 85 000 Frw ku gihembwe. Abiga bataha bishyura 19 500 Frw, naho mu mashuri abanza n’ay’incuke umusanzu wemewe ni 975 Frw ku gihembwe.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Iyi Minisiteri ivuga ko amashuri yisumbuye ashobora gusaba ababyeyi kwiyongera ku mafaranga yagenwe kugeza ku 7 000 Frw, ariko ibyo bigakorwa ari uko byemejwe n’inama rusange y’ababyeyi barerera muri iryo shuri.

MINEDUC yanibukije ko Leta ubwayo igira uruhare mu kwishyura ibindi bikenerwa by’amashuri binyuze muri Capitation Grant. Yongeyeho ko iyo ishuri rishaka kongera andi mafaranga arenze ayo biteganyijwe, ari ngombwa ko bigira uruhushya rutangwa n’inama rusange y’ababyeyi, ubuyobozi bw’akarere ndetse na Minisiteri.

Iri tangazo ryasohowe mu gihe hasigaye ibyumweru bibiri ngo umwaka w’amashuri wa 2025–2026 utangire ku wa 8 Nzeri 2025, kugira ngo amashuri n’ababyeyi bazinjire mu mwaka mushya bafite amakuru y’ukuri ku bijyanye n’imisanzu.

Previous Post

Dr Jose Chameleone yahakanye ibya gatanya aherutse gusabwa n’uwahoze ari umugore we

Next Post

RDC:Ihuriro AFC/M23 ryongeye kugabwaho ibitero n’abacancuro b’abanyamahanga

Next Post
RDC:Ihuriro AFC/M23 ryongeye kugabwaho ibitero n’abacancuro b’abanyamahanga

RDC:Ihuriro AFC/M23 ryongeye kugabwaho ibitero n'abacancuro b'abanyamahanga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved