Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira 2025 hitezwe imvura nyinshi ishobora gutera imyuzure, inkangu n’inkuba, bityo isaba abaturage kuba maso no gukurikiza inama zihatangirwa mu rwego rwo kwirinda ingaruka zayo.
Mu butumwa yanyujije kuri telefoni zigendanwa, MINEMA yavuze ko kuva ku itariki ya 23 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2025, hari ibyago byo kuba imvura nyinshi yazana imyuzure n’inkangu mu bice bitandukanye by’igihugu, isaba abantu gufata ingamba z’ubwirinzi no kugendera ku mabwiriza y’inzego z’ibanze.
Ibi bije nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyari cyatangaje ko imvura yo mu kwezi k’Ukwakira 2025 izaba iri hejuru y’impuzandengo mu gice cya mbere n’icya gatatu cy’ukwezi, naho mu gice cya kabiri ikazaba iri hasi gato y’isanzwe igwa muri icyo gihe.
Meteo Rwanda kandi yatangaje ko igihe cy’imvura y’umuhindo kizagera ku musozo mu Ukuboza 2025, aho biteganyijwe ko mu Ntara y’Iburengerazuba (uretse mu kibaya cya Bugarama), mu Ntara y’Amajyaruguru (uretse amajyepfo ya Gicumbi, Rulindo na Gakenke), ndetse no mu majyaruguru ya Muhanga n’uburengerazuba bwa Nyamagabe na Nyaruguru, hazagwa imvura hagati ya milimetero 250 na 300.
Mu bindi bice by’igihugu harimo Intara y’Amajyaruguru, Intara y’Amajyepfo (uretse Amayaga), amajyaruguru n’uburengerazuba by’Umujyi wa Kigali, ndetse n’uturere twa Nyagatare (uretse amajyepfo yaho) na Gatsibo (uretse iburasirazuba n’amajyepfo yaho), hateganyijwe imvura hagati ya milimetero 200 na 250.
Meteo Rwanda isaba abaturage gukomeza kugira ubushishozi, bagafata ingamba zishobora kugabanya ingaruka zituruka ku mvura nyinshi n’umuyaga, kandi bagakurikiza amabwiriza n’amategeko agenga gukumira ibiza.
Imibare ya Minisiteri y’Ibidukikije igaragaza ko hagati y’umwaka wa 2014 na 2023, ibiza byahitanye abantu 1,595, bigakomeretsa abandi 2,368. Muri bo, 307 bishwe n’imyuzure, 425 bazizwa n’inkangu, 538 bagapfa bazize inkuba, 315 bagapfira mu mvura nyinshi, naho 10 bakicwa n’umuyaga mwinshi.




