• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Meta yabitse Minisitiri w’u Buhinde akiri muzima yasabye imbabazi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 19, 2025
in Amakuru
0
Meta yabitse Minisitiri w’u Buhinde akiri muzima yasabye imbabazi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ikigo Meta gifite urubuga nkoranyambaga rwa Facebook, WhatsApp na Instagram, cyasabye imbabazi nyuma yo kubika Minisitiri w’Intebe wa Leta ya Karnataka mu Buhinde kandi ari muzima.

Tariki ya 15 Nyakanga 2025, Minisitiri w’Intebe wa Karnataka, Siddaramaiah, yakoresheje ururimi rwa Kannada, atangariza kuri Facebook ubutumwa buvuga ko yifatanyije mu kababaro n’umuryango w’umukinnyi wa filimi, B. Saroja Devi, uherutse gupfa.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Abashatse kumenya ubutumwa bwa Siddaramaiah mu Cyongereza, bifashishije ikoranabuhanga ry’ubusemuzi rya Facebook, rigaragaza ko uyu muyobozi ari we wapfuye.

Ubutumwa bwahinduwe bugira buti “Minisitiri w’Intebe Siddaramaiah yapfuye ejo hashize, icyamamare cyavugaga indimi nyinshi, umukinnyi mukuru B. Sarojadevi. Yasuye umurambo we, amuha icyubahiro bwa nyuma.”

Umuvugizi wa Meta yatangaje ko iki kigo cyakemuye ikibazo cyatumye ubutumwa bw’uyu muyobozi busemurwa nabi, anabisabira imbabazi.

Yagize ati “Twakemuye ikibazo cyari cyatumye ubutumwa buhindurwa nabi mu rurimi rwa Kannada. Turasaba imbabazi ku byabaye.”

Siddaramaiah ubwe yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko ikoranabuhanga rya Meta ari “ikintu gishobora guteza ibyago”, kwangiza imyumvire no gutuma abaturage batakaza icyizere.

Yagize ati “Ibi ni uburangare budashobora kwihanganirwa, cyane cyane ku bigo bikomeye nka Meta. Ubusemuzi nk’ubu bushobora kuyobya abaturage no kubashora mu kwibeshya bikomeye.”

Hashize amezi make na bwo Meta isabye imbabazi nyuma y’aho abakoresha Instagram benshi babonye amashusho y’urugomo, nyamara hari hanzwe uburyo buyakumira.

Previous Post

Kayonza: Umukazana yarumye Sebukwe ugutwi agukuraho

Next Post

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje itariki “Rayon Sports Day 2025” izaberaho

Next Post
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje itariki “Rayon Sports Day 2025” izaberaho

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje itariki "Rayon Sports Day 2025" izaberaho

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved