• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IYOBOKAMANA

Meddy wataramiye abitabiriye ‘Rwanda Convention USA’ yahishuye uko Zion Temple ya Gitwaza yamugize umuntu ukomeye

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 7, 2025
in IYOBOKAMANA
0
Meddy wataramiye abitabiriye ‘Rwanda Convention USA’ yahishuye uko Zion Temple ya Gitwaza yamugize umuntu ukomeye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuhanzi Ngabo Médard Jobert uzwi nka Meddy, yataramiye Abanyarwanda n’inshuti zabo mu gitaramo cy’amasengesho cyasoje igikorwa cya Rwanda Convention USA, cyabereye i Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Aya masengesho yabaye ku Cyumweru, tariki ya 6 Nyakanga 2025, yiswe USRCA Prayer Breakfast.

Related posts

“Ese aho uvuye uhunze ibibazo, aho ujya ntuzahasanga ibindi?”: Perezida Kagame yibaza impamvu abashakanye babiri bananirwa kubana bakageza aho gutandukana

“Ese aho uvuye uhunze ibibazo, aho ujya ntuzahasanga ibindi?”: Perezida Kagame yibaza impamvu abashakanye babiri bananirwa kubana bakageza aho gutandukana

February 1, 2026
Amafoto – Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Chryso Ndasingwa yambitse impeta Sharon Gatete

Amafoto – Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Chryso Ndasingwa yambitse impeta Sharon Gatete

June 26, 2025

Yatangijwe n’itsinda ryo kuramya no guhimbaza ryaririmbye ibihangano byafashije benshi kwinjira mu mwuka w’amasengesho.

Meddy, wari utegerejwe na benshi, ageze ku rubyiniro yavuze ko yishimiye kongera kuririmbira Imana mu ruhame, avuga ko byamugoye kugera kuri uru rwego.

Ati: “Ndishimye kuba ndi hano uyu munsi, ni iby’icyubahiro. Rwari urugendo rurerure kuri njye mu buzima bwanjye. Ntabwo bisanzwe kuba ngiye kuvuga Yesu mu ruhame, Imana ishimwe.”

Yashimiye Apôtre Dr. Paul Gitwaza washinze Zion Temple, amwita umuntu w’Imana wamugiriye uruhare rukomeye mu rugendo rwe.

Ati: “Nakuriye muri Zion Temple, ikintu cyose cyahinduye ubuzima bwanjye cyatangiriye hariya.”

Uyu muhanzi yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zamenyekanye cyane mu nsengero n’ahandi hateranirwa harimo Ntacyo Nzaba, Holy Spirit, Niyo Ndirimbo, Arampagije Yesu, Uri Imana Mana, Sinzava Aho Uri, n’izindi.

Yanasubiyemo indirimbo yise Ungirira Ubuntu yanditse akiri mu mashuri yisumbuye, avuga ko atigeze atekereza ko hari izindi ndirimbo zo guhimbaza Imana azongera gukora.

Ati: “Nari nzi ko ari imwe gusa, none nongeye kwisanga hano.”

Meddy yasabye urubyiruko rwari rwitabiriye aya masengesho kudacogora mu kwemera kwarwo, abasaba kuzahora bibuka Imana mu byo bakora byose, anashimira Imana ku bw’igihugu cy’u Rwanda n’ubuyobozi bwacyo.

Previous Post

Inkuru ibabaje! Umusaza wakinnye Tour du Rwanda ya mbere yitabye Imana

Next Post

Rwamagana: Umusore waruvuye iwabo bagurishije ikibanza yasanzwe mu muhanda yapfuye

Next Post
Rwamagana: Umusore waruvuye iwabo bagurishije ikibanza yasanzwe mu muhanda yapfuye

Rwamagana: Umusore waruvuye iwabo bagurishije ikibanza yasanzwe mu muhanda yapfuye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved