• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Meddy n’umugore we bibarutse

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 28, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Meddy n’umugore we bibarutse
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Meddy uri mu bahanzi bamaze kubaka izina mu Rwanda no hanze yarwo, yagaragaje ko we n’umugore we Mimi Mehfira bibarutse umwana w’umuhungu.

Meddy abinyujije ku rubuga rwa Instagram yagaragaje ko uyu mwana bamwise Zayn M Ngabo. Avuga ko nta kuzuyaza ubuntu bw’Imana buhora bumuriho iteka ryose aho agenda.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Uyu muhanzi yabitangaje nyuma y’ubundi butumwa yari yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, aho yanditse avuga ko azabwira amahanga yose ibyiza Imana yamukoreye.

Ati “Nzabwira Isi ibyo wankoreye.”

Muri Werurwe 2022, nibwo uyu muryango wibarutse imfura y’umukobwa bamwita Myla Ngabo.

Ngabo Médard Jobert ndetse na Mimi Mehfira ukomoka muri Ethiopia, barushinze ku wa 22 Gicurasi 2021.

Ni mu birori biryoheye amaso byabereye muri Dallas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byitabirwa na benshi mu byamamare mu Rwanda barimo King James, K8 Kavuyo, Shaffy, The Ben, Adrien Misigaro, Miss Grace Bahati n’abandi.

Imbuto y’urukundo rwa Meddy na Mimi yatangiye kubibwa kuva muri Kanama 2017. Muri Kanama 2018, Mimi kwiyumanganya byaranze maze asuka hanze amarangamutima ye yifuriza isabukuru uyu muhanzi.

Icyo gihe, yashyize kuri Instagram ifoto ari kumwe na Meddy, ayiherekeza amagambo y’Ikinyarwanda amubwira ati “Mutima wanjye, ndagukunda”, arangije ashyiraho utumenyetso tw’umutima.

Meddy wamenyekanye mu muziki w’indirimbo zisanzwe amaze igihe yariyeguriye Imana ndetse aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza. Aheruka gushyira hanze indirimbo yise “Blessed”.

Previous Post

Nyagatare: Batunguwe no gusanga umuturage yaracukuye indake iwe

Next Post

Kicukiro: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’umuriro ihiramo ibifite agaciro ka miliyoni 56 Frw

Next Post
Kicukiro: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’umuriro ihiramo ibifite agaciro ka miliyoni 56 Frw

Kicukiro: Inzu y'ubucuruzi yafashwe n'inkongi y'umuriro ihiramo ibifite agaciro ka miliyoni 56 Frw

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved