Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Ihuriro riharanira impinduka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (ARC), Maj. Gen. Sultani Makenga, ku wa Gatanu yagiriye uruzinduko mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ahakunze kubera ibikorwa bya gisirikare bikomeye.
Muri uru ruzinduko, Maj. Gen. Makenga yasuye ahari abantu bafashwe mu mirwano, barimo abasirikare b’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) n’abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo, bose bari barashyizwe mu maboko y’ingabo za ARC/AFC/M23.
Yaganiriye na bo arabahumuriza, abizeza ko bafashwe neza hakurikijwe amategeko mpuzamahanga agenga imfungwa z’intambara.
Yanavuze ko umuntu wese wifuza kwinjira ku bushake mu ngabo za AFC/M23 afite uburenganzira bwo kubikora, ashimangira ko bahisemo guha abantu amahitamo aho kubahatira imyanzuro.
Byongeye, Maj. Gen. Makenga yatangaje ko abafite icyifuzo cyo gusubira mu bice bigenzurwa na Leta ya Kinshasa bazabifashwamo binyuze mu gikorwa cyo guhererekanya imfungwa, kizakorwa ku bufatanye na Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (ICRC), isanzwe igira uruhare mu bikorwa by’ubutabazi no guhuza impande zishyamiranye mu bihe by’intambara.
Uru ruzinduko ruje mu gihe umutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC ugikomeje kuba muke, aho imitwe itandukanye yitwaje intwaro ihanganye n’ingabo za Leta, bigatuma ikibazo cy’imfungwa z’intambara n’imibanire y’impande zihanganye gikomeza kuba ingingo ikomeye mu biganiro mpuzamahanga.




