• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Lt. Col Patrice Manirakiza wari uyoboye batayo ya 18 y’ingabo z’u Burundi yitabye imana nyuma yo kuraswa na M23

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 24, 2025
in Amakuru
0
Lt. Col Patrice Manirakiza wari uyoboye batayo ya 18 y’ingabo z’u Burundi yitabye imana nyuma yo kuraswa na M23
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Lieutenant-Colonel Patrice Manirakiza, wari mu bayobozi bakuru ayoboye Batayo ya 18 y’ingabo z’u Burundi zari ziri mu butumwa bwo kurwanya AFC/M23 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitabye imana nyuma yo kuraswa na M23.

Ibyurupfu rwe byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza 2025, aho Uyu mu ofisiye mukuru yari amaze igihe avurirwa mu Mujyi wa Bujumbura, aho yari yarajyanywe nyuma yo gukomerekera ku rugamba mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Yaguye mu bitaro bya Tanganyika Care Hospital azize ibikomere bikomeye yari yaratewe n’ibisasu.

Ibikomere bya Lt. Col Manirakiza byakomotse ku gitero cyamugabweho ku wa 6 Ukuboza 2025 mu gace ka Luvungi, aho ingabo z’u Burundi zari mu mirwano ikaze n’abarwanyi ba AFC/M23.

Muri iyo mirwano, amakuru yemeza ko yakomeretse nyuma yo guterwa ibisasu birenze kimwe, harimo n’icyarashwe hifashishijwe indege ntoya zitagira abapilote (drones).

Abatangabuhamya bavuga ko nyuma yo kwirinda igitero cya mbere, uyu ofisiye yahisemo kuva mu birindiro yari arimo, ariko ageze mu myiteguro yo kuhava, haje kugabwa ikindi gitero cyamugizeho ingaruka zikomeye.

Ibyo bikomere byangije imyanya myinshi y’ingenzi mu mubiri we, birimo impyiko, amara n’amaguru, bituma ubuzima bwe bukomeza kuba bubi kugeza aho yitabiye Imana.

Previous Post

Wazalendo yasabye abaturage gutanga ihene izahabwa uyu mutwe mugihe cyo kwizihiza iminsi mikuru

Next Post

Umugabo wari warubatse Inkuge avuga ko Isi izarangira kuri Noheli bikamupfubana yavuze ko yagize irindi yerekwa ridasanzwe

Next Post
Umugabo wari warubatse Inkuge avuga ko Isi izarangira kuri Noheli bikamupfubana yavuze ko yagize irindi yerekwa ridasanzwe

Umugabo wari warubatse Inkuge avuga ko Isi izarangira kuri Noheli bikamupfubana yavuze ko yagize irindi yerekwa ridasanzwe

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved