• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kwilu: Ibigo by’amashuri byahagaritse kwigisha

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 27, 2025
in Amakuru
0
Kwilu: Ibigo by’amashuri byahagaritse kwigisha
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ibigo by’amashuri 65 biherereye mu Ntara ya Kwilu, mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byahagaritse ibikorwa byabyo bitewe kubera umutekano muke umaze igihe urangwa muri ako gace.

Aya mashuri agizwe n’ayibanze 48 n’ayisumbuye 17, yose aherereye muri teritwari ya Bagata. Amenshi muri yo yangijwe bikomeye ndetse anatwikwa n’umutwe witwaje intwaro wa Mobondo, umaze imyaka igera kuri itatu ugaragara mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’abasivili mu burengerazuba bw’igihugu.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Ibitero bikomeje kugabwa n’uyu mutwe byatumye abaturage benshi bava mu byabo, bahungira ahatekanye, by’umwihariko mu mujyi wa Bandundu, umurwa mukuru w’Intara ya Kwilu.

Abanyeshuri bigaga muri aya mashuri bafunze na bo bimuriwe muri uwo mujyi ndetse no mu tundi duce dutekanye kugira ngo bakomeze amasomo yabo.

Umuyobozi ushinzwe uburezi mu Ntara ya Kwilu, Hervé Mungera, yatangaje ko abanyeshuri bose baturutse muri Bagata bahawe uburenganzira bwo gukomeza kwiga no gukora ibizamini batishyura, mu rwego rwo kubafasha gukomeza uburezi bwabo nubwo bahuye n’ibibazo bikomeye by’umutekano.

Yagize ati: “Hari n’abana bari gufashwa kubona amafunguro ya buri munsi. Abenshi baturutse mu gice cya Wamba, ubu bari kwiga mu mujyi wa Bandundu. Ni umubare munini w’abanyeshuri wiyongereye muri uwo mujyi.”

Nubwo ubuyobozi bw’intara buvuga ko buri gukora uko bushoboye kugira ngo aba banyeshuri bigire mu bihe byiza, bwemera ko benshi muri bo bagihura n’ingorane zirimo kubura ibiribwa bihagije n’ahantu heza ho kuba.

Hagati aho, kubera ko abarwanyi ba Mobondo batangiye no kugaragara mu bice bimwe byo mu Ntara ya Kinshasa birimo Maluku na Kingakati, Leta yafashe ingamba zidasanzwe zo gukaza umutekano mu rwego rwo kurinda umurwa mukuru.

Mu gihe i Kinshasa bigaragara ko izo ngamba zitangiye gutanga umusaruro, mu Ntara ya Kwilu ho umutekano uracyari ikibazo gikomeye, aho abaturage bakomeje kwicwa, abandi bagahunga imidugudu yabo bashaka aho babona amahoro n’umutekano.

Previous Post

Rusizi: Umugabo yashatse umugore agiye gutera akabariro yumva ntago aryoshye abimukojeje ashaka kwiyahura

Next Post

Ibura rya Element mu gitaramo ryateje imirwano

Next Post
Ibura rya Element mu gitaramo ryateje imirwano

Ibura rya Element mu gitaramo ryateje imirwano

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved