Ikipe ya Kiyovu Sports yo mu Rwanda yatsinze ikipe ya Virunga Academy y’abatarengeje imyaka 22 yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu mukino wa gishuti wabaye ku wa Gatatu, tariki 15 Ukwakira 2025, kuri Kigali Pele Stadium.
Uyu mukino watangiye kare cyane, ahagana saa Ine za mu gitondo, igihe Kiyovu Sports isanzwe ikoreraho imyitozo. Kwinjira muri uyu mukino byari ubuntu, bikaba byari mu rwego rwo gukomeza kumenyereza abakinnyi bashya ndetse no kwitegura neza Shampiyona izasubukurwa muri iyi wikendi.
Kiyovu Sports yigaragaje cyane muri uyu mukino, itsinda Virunga Academy ibitego 4-0. Ibitego byatsinzwe na Cedrick Amissi (igitego 1), Sanaja Moïse (ibitego 2), na Nsanzimfura Keddy (igitego 1).
Kugeza ubu, Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 10 ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, n’amanota 4, aho imaze gutsinda umukino 1, kunganya 1, no gutsindwa 1. Umukino yatsinze rukumbi ni uwo yatsinzemo AS Muhanga igitego 1-0.
Ku wa mbere, tariki 20 Ukwakira 2025, Kiyovu Sports izongera gukina umukino w’umunsi wa kane wa Shampiyona na Musanze FC, ukazabera kuri Kigali Pele Stadium guhera saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba.




