• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IYOBOKAMANA

Kiliziya Gatolika yatangaje ko Aba-Cardinal babiri batazatora Papa mushya

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 30, 2025
in IYOBOKAMANA
0
Kiliziya Gatolika yatangaje ko Aba-Cardinal babiri batazatora Papa mushya
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Kiliziya Gatolika yatangaje ko Aba-Cardinal babiri batazitabira itora ry’Umushumba Mukuru wayo, usimbura Jorge Mario Bergoglio (Papa Francis) witabye Imana tariki ya 21 Mata 2025.

Ikinyamakuru Vatican News cya Kiliziya Gatolika cyatangaje ko Aba-Cardinal babiri batacyitabiriye aya matora ateganyijwe gutangira tariki ya 7 Gicurasi bitewe n’ikibazo cy’uburwayi. Gusa nticyagaragaje amazina yabo.

Related posts

“Ese aho uvuye uhunze ibibazo, aho ujya ntuzahasanga ibindi?”: Perezida Kagame yibaza impamvu abashakanye babiri bananirwa kubana bakageza aho gutandukana

“Ese aho uvuye uhunze ibibazo, aho ujya ntuzahasanga ibindi?”: Perezida Kagame yibaza impamvu abashakanye babiri bananirwa kubana bakageza aho gutandukana

February 1, 2026
Meddy wataramiye abitabiriye ‘Rwanda Convention USA’ yahishuye uko Zion Temple ya Gitwaza yamugize umuntu ukomeye

Meddy wataramiye abitabiriye ‘Rwanda Convention USA’ yahishuye uko Zion Temple ya Gitwaza yamugize umuntu ukomeye

July 7, 2025

Nk’uko byari byitezwe, Cardinal Angelo Becciu ukomoka mu Butaliyani na we yemeje ko atazitabira iri tora bitewe n’uko ategereje urubanza rwe rw’ubujurire ku byaha birimo kunyereza umutungo. Bivuze ko batatu mu bagombaga gutora, batazatora.

Becciu yahamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo gikomoka ku nzu ibiro by’Umunyamabanga wa Leta ya Vatican byaguze miliyoni 200 z’Amadolari, bikaza kugaragara ko hishyuwe amafaranga arenga cyane agaciro kayo, gusa yagaragaje ko arengana.

Mu gihe ategereje kujurira, Papa Francis yari yamwemereye ko agumana uburenganzira bwe nka Cardinal, burimo kuguma mu icumbi yagenewe i Vatican, ariko amusabira kutazitabira itora ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika.

Becciu yagize ati “Kubera ko mfite ku mutima ineza ya Kiliziya, nafashe icyemezo cyo kubaha nk’uko bisanzwe icyifuzo cya Papa Francis no kutajya mu Nteko itora, nashimangira ko ndi umwere.”

Umwanzuro w’aba Ba-Cardinal watumye abagize Inteko itora Papa mushya wa Kiliziya Gatolika bagera ku 133.

Previous Post

Kicukiro: Umwana yatwikiye murumuna we mu nzu

Next Post

Rutsiro: Inzego z’umutekano ziri guhiga bukware umusore wakibise Nyina agapfa

Next Post
Rutsiro: Inzego z’umutekano ziri guhiga bukware umusore wakibise Nyina agapfa

Rutsiro: Inzego z'umutekano ziri guhiga bukware umusore wakibise Nyina agapfa

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved