• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kigali: Akadege karavuza ubuhuha

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 22, 2025
in Amakuru
0
Kigali: Akadege karavuza ubuhuha
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Bamwe mu baturage bavuga ko ingeso yo gukina urusimbi rwiswe akadege ruri kubagiraho ingaruka zikomeye, aho bamwe mu bagabo bajya mukazi bagasiga bijeje abagore babo ko bagaruka bafite amafaranga, nyamara bagataha amara masa bavuga ko akadege kayariye.

Abagore bamwe bavuga ko iyo amasaha yo gutaha yegereje bahamagara abagabo babo, bakabasubiza ko nta mafaranga bafite kuko bayashyize mu kadege, kayariye. Ibi bikaba byarateje umwuka mubi mu ngo zitandukanye.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Umwe mu baturage ukora mu bijyanye no gutega yagize ati:

“N’ubwo mbikoramo, ni ngombwa kwirinda n’ubundi nta cyiza kirimo. Iyo umuntu aje mugura inama, mubwira ko n’iyo wazanye bitanu ushaka gukubira inshuro nyinshi bidakunda, byose bishira ugasigara ubusa. Ni imikino y’amahirwe idafite icyo imaze.”

Umumotari na we yagize ati:“Leta ikwiye kudukorera ubuvugizi bikavanwaho, kuko bimaze kudusaza. Ushobora kubona amafaranga yo gusukura moto, cyangwa ubonye umugenzi akaguha amafaranga, ariko kubera akadege ukayajyana ugataha ubusa. Byibura hashyirweho ingamba zihanira abamotari bazagaragara bari gukina akadege, bibafasha kugabanya iki kibazo.”

Umubyeyi umwe yavuze ko umugabo we yahinduye imibanire yabo kubera ako kadege:

“Umugabo ansiga mu rugo ambwiye ko agiye gushaka amafaranga, ariko nyuma akampamagara ngo akadege kayamumazeho. Ubu ubukene n’amadeni kuri botike byatumye tubaho nabi cyane. Ashobora kubona ibihumbi icumi, agatahana bibiri. Iyo umubajije andi aho yagiye, agusubiza ngo akadege kayahushye, Turasaba leta rwose ko kavaho kuko kaduteye ibibazo bikomeye.”

Nubwo ari ikibazo gikomeje kuvugwa, hari abaturage bavuga ko gukina akadege nta muntu uba wabahatirije. Bavuga ko umuntu akwiye kugafata nk’ikintu cy’amahirwe, ariko akabanza agatekereza ku bibazo byo mu rugo kugira ngo atazisanga ari we wikururiye ibibazo.

Previous Post

Umwongerezakazi yegukanye Zahabu mu bakobwa batarengeje 23

Next Post

Umukuru w’iguhugu Paul Kagame anyurwa no kubona mwiteza imbere – Dr. Nsengiyumva Justin

Next Post
Umukuru w’iguhugu Paul Kagame anyurwa no kubona mwiteza imbere – Dr. Nsengiyumva Justin

Umukuru w'iguhugu Paul Kagame anyurwa no kubona mwiteza imbere - Dr. Nsengiyumva Justin

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved