• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kigali: Abafite ibibanza bitubatse bashobora kubyamburwa

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 14, 2025
in Amakuru
0
Kigali: Abafite ibibanza bitubatse bashobora kubyamburwa
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwongeye kwibutsa abafite ibibanza badakoresha by’umwihariko abasabye ibyangombwa byo kubaka ntibubake inzu ngo zuzure, ko bashobora kwamburwa ubwo butaka bugahabwa abashobora kububyaza umusaruro.

Ibyo bigomba gukorwa mu gihe cy’imyaka ibiri uhereye igihe urwo ruhushya rwatangiwe.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Icyakoze mu gihe iyo myaka ishize uwubaka yaratangiye ibikorwa ariko inzu ye itaruzura, yemerewe kujya kongeresha uruhushya akongerwa andi mezi atandatu.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yavuze ko kubaka inzu ikuzura ari ugushyira mu bikorwa Igishushanyo Mbonera cy’Umujyi wa Kigali no gukomeza gushyigikira iterambere ryawo.

Impamvu ni uko kubaka ukuzuza bituma haboneka umutekano w’agace inyubako iherereyemo bikayirinda kuba indiri y’abajura bihishamo bagakora urundi rugomo.

Ikindi bifasha ni ukongera isuku y’agace inyubako iherereyemo bikarinda kwangirika kw’inyubako itaruzura bityo uwubaka ntahendwe kuko igiciro cyo kuyuzuza kigenda kizamuka uko itinda.

Ntirenganya yasobanuye ko abadakurikiza icyo ubutaka bwagenewe gukoreshwa, bashobora kubwamburwa bugahabwa abandi bashobora kubukoresha.

Ati “Iyo utabyaza ubutaka umusaruro urabwamburwa kuko niba waratangiye inyubako ukaba umaze icyo gihe utayirangiza ishobora gufatirwa kuko bifatwa nk’aho iyo nzu cyangwa icyo kibanza cyatawe.”

Yakomeje ati “Itegeko rivuga ko iyo utabyaza ubutaka umusaruro bufatirwa. Tubuha ushoboye kububyaza umusaruro. Ni ukuvuga ko na nyirabwo yakabaye abyikorera mu gihe abona adafite ubushobozi bwo kubibyaza umusaruro hatiriwe hazamo ubuyobozi.”

Umujyi wa Kigali ugaragaza ko mu rugendo rwo kubaka ufasha abantu kubona ibindi byangombwa mu buryo bwihuse iyo ibyo bari bafite byarangiye ndetse ukabaha inama ku mbogamizi bagira zijyanye n’imyubakire.

Ubafasha kandi kubona impushya zo kubaka ku mihanda minini, kubemerera gukora mu masaha y’ijoro igihe bikenewe n’impushya zo gukoresha imihanda runaka mu kugeza ibikoresho aho bari kubaka.

Mu Mujyi wa Kigali habarurwa inyubako 31 ziri ku mihanda minini zari zaratawe harimo 12 ziri mu Karere ka Kicukiro, 10 ziri mu Karere ka Nyarugenge, n’icyenda ziri mu Karere ka Gasabo.

Kuri iyo mihanda kandi habarurwa ibanza 112 bidakorerwa isuku harimo 101 byo muri Nyarugenge, birindwi byo muri Gasabo n’ibindi bine biri muri Kicukiro.

Imibare y’izo nyubako n’ibibanza iri hejuru muri Kigali kuko iyo itabariyemo ahatari ku mihanda minini.

Gusa, kuva ubukangurambaga bwa Ubaka Wuzuze bwatangira mu cyumweru gishize, inyubako zigera kuri 16 zahise zisubukura imirimo yo kubakwa ku mihanda minini.

Umujyi wa Kigali utanga inama y’uko aho inzu yaba iri hose cyangwa ikibanza bigomba kubakwa bikuzura ariko mu gihe uwubaka akibitegura hagomba gukorerwa isuku harimo kuhatera ibiti n’ibyatsi neza bitahahinduye igihuru ku buryo haba indiri y’abajura n’abandi banyarugomo.

Iteka rya Minisitiri w’Ibidukikije ryerekeye gufatira ubutaka by’agateganyo no gusesa amasezerano yo gutunga ubutaka ryasohotse muri Nyakanga 2024, rivuga ko nyuma y’igihe nyir’ubutaka atabubyaza umusaruro ntanagaragaze impamvu ifatika ituma atubahiriza amasezerano yo kubutunga, amasezerano aseswa akabimenyeshwa mu nyandiko.

Nyuma Umujyi wa Kigali cyangwa akarere gafite ubuzima gatozi bikoresha igenagaciro ry’ubutaka n’ibikorwa byahakorewe, ushaka kubugura ngo abubyaze umusaruro akishyura nyir’ubutaka amafaranga havanywemo ikiguzi cy’ibyakozwe; hanyuma bukandikwa k’ubuguze.

Previous Post

Kayonza: Abagabo banywa igikoma bihishe ngo batabonwa bagakubitwa nk’izakabwana

Next Post

Musanze: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 14

Next Post
Musanze: Umwana w’umwaka umwe yasanzwe mu ishyamba bamutabye igice cyo hasi basize umutwe

Musanze: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana we w'imyaka 14

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved