Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ahagana saa moya, mu Kagari ka Nyakabanda, Umurenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro (ahazwi nka Sonatubes hafi y’ahahoze Kaminuza ya UTB), habereye urugomo rwateye umunyerondo gukubitwa.
Amakuru aturuka mu baturage avuga ko ubwo imodoka y’irondo yari igeze muri ako gace, irimo abanyerondo batatu n’umushoferi, yari itwaye umusore bivugwa ko yafashwe afite ibyuma bikekwa ko yari yibye. Uwo musore yabasabye kumujyana ngo abereke aho yabikuye.
Ariko bakigera aho, ako kanya haza itsinda ry’abandi basore bari bayobowe n’uwambaye ishati y’umukara ifite utubara tw’umweru, basatira imodoka barayigota. Bahise bakura uwo musore mu modoka, banihanangiriza abanyerondo ko nibagerageza kubarwanya bazabagirira nabi.
Mu gihe abo basore bageragezaga no gukuramo ibyuma byari mu modoka, abanyerondo bagerageje kubarwanya. Umushoferi yihutaga ngo ahungishe imodoka, ariko umwe mu basore yahise akurura umunyerondo aramusunika amutura hasi, bamumanukana munsi y’umuhanda aho bamukubitiye. Uwo musore bari bafashe mbere na we yagarutse afite umuhini w’icyuma awukubitisha uwo munyerondo.
Abaturage bari aho bavuze ko batatabaye kubera ubwoba kuko abo basore basanzwe bazwi mu gace nk’abanyarugomo bahora bafungwa ariko bagasubira mu bikorwa bibi nyuma yo kurekurwa. Hari n’abakeka ko wa musore wari wafashwe ari we wabashutse, akazana irondo mu gace k’aho kugira ngo bagenzi be bamwunganire.
Inzego z’umutekano zatangiye iperereza no gushakisha abagize uruhare muri uru rugomo, kugira ngo bagezwe imbere y’ubutabera.





