• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Kicukiro: Abagabo bane bakekwaho kugirira nabi umumotari n’umugenzi yaratwaye batawe muri yombi

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 15, 2025
in Amakuru
0
Kicukiro: Abagabo bane bakekwaho kugirira nabi umumotari n’umugenzi yaratwaye batawe muri yombi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abagabo bane batawe muri yombi bakurikiranyweho gutega umumotari bakambura umugenzi atwaye amafaranga y’u Rwanda 500.000 Frw na telefoni maze bakanakomeretsa uwo mu motari.

Byabaye ahagana saa munani z’igitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025, mu Murenge wa Kigarama mu Kagari ka Nyarurama mu Karere ka Kicukiro, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Umuvugizi wa polisi yavuze bataye muri yombi abo bagabo uko ari bane bakekwaho kwiba, gukubita no gukomeretsa umumotari n’umugenzi yari atwaye.Bikiba abaturage n’irondo ry’umwuga bakaba bihutiye gutabara no guhamagara Polisi y’u Rwanda.

Abapolisi bagezeyo basanga abo bagizi ba nabi bamaze gucika ariko bahita batangira ibikorwa byo kubashakisha.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Gahonzire, yavuze ko polisi yahise ifata abagabo bane.

Yagize ati: “Abo bagabo bane mu kubafata twabasanganye telefoni bari bakiyifite ariko amafaranga 500 000 Frw bamaze kuyahisha.”

Abagabo bafashwe bafite imyaka hagati ya 24 na 34, bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Gikondo mu gihe iperereza rikomeje.

CIP Gahonzire asobanura ko abafashwe bari basanzwe bakora ibyaha byo gukubita no gukomeretsa kuko ngo harimo n’abari barakatiwe n’inkiko.

Ati: “Aba bantu bari basanzwe bakora ibyaha nk’ibingibi kuko harimo n’abari barakatiwe n’inkiko kuri iki cyaha cyo gukubita no gukomeretsa.

Harimo uwari warakatiwe umwaka umwe usubitse ndetse n’undi wari warakatiwe imyaka 4 isubitse kubera icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.”

Akomeza avuga ko mu bafashwe harimo undi mugabo wari umaze iminsi ashakishwa mu bikorwa by’ubujura ariko bushingiye ku bugizi bwa nabi.

Mu gace ka Rebero, inzego z’umutekano zari zisanzwe zifite amakuru ko hari abagizi ba nabi biba mu ngo bitwaje bimwe mu bikoresho byifashishwa mu gufungura inzu no gukomeretsa uwo bashaka kwiba.

Yagize ati: “Kuba rero aba bafashwe, ni ikimenyetso cy’uko n’ubundi ibyo abaturage batubwiraga byari bihari ariko tukaba tugiye kurushaho kongera imbaraga kugira ngo n’ababa bahasigaye bafatwe.”

Polisi y’u Rwanda irasaba abatuye Umujyi wa Kigali kwihutira gutanga ikirego mu gihe hagize uwibwa cyangwa agiriwe nabi.

CIP Gahonzire, Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yijeje umutekano mu kazi k’abatwara abagenzi kuri moto.

Yongeraho ko Polisi y’u Rwanda izakomeza gucunga umutekano w’abantu n’ibintu byabo ikihanangiriza abishora mu bikorwa byo kwiba n’urugomo, ko uzajya abifatirwamo azajya abihanirwa.

Previous Post

Komiseri wa RRA yashyize umucyo ku nyandiko isoresha abahabwa akazi mu bukwe

Next Post

Umukino wari guhuza Mukura VS na Rayon Sports wasubitswe kubera amatara yo muri Stade

Next Post
Umukino wari guhuza Mukura VS na Rayon Sports wasubitswe kubera amatara yo muri Stade

Umukino wari guhuza Mukura VS na Rayon Sports wasubitswe kubera amatara yo muri Stade

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved