• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kenya: Umukecuru w’imyaka 94 wari warafunzwe azira kwiba ubwatsi yarekuwe

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 20, 2025
in Uncategorized
0
Kenya: Umukecuru w’imyaka 94 wari warafunzwe azira kwiba ubwatsi yarekuwe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umukecuru w’imyaka 94, Sabina Isutsa utuye mu karere ka Kakamega muri Kenya, yafunguwe nyuma yo kumara hafi umwaka muri gereza azira kwahira ubwatsi bw’inka mu murima w’abandi kandi nta burenganzira abifitiye.

Sabina yafashwe yahira ubwatsi mu murima w’abandi, acibwa ihazabu y’amashiringi ya Kenya 23.000 (ahwanye n’arenga ibihumbi 230 Frw) ayabuze ahitamo kujya muri gereza ahamara umwaka.

Related posts

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

Bujumbura: Umubyeyi yabyaye umuhungu ahabwa umwana w’umukobwa wapfuye

October 29, 2025
Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

Meteo Rwanda yatangaje ko muri uku kwezi hateganyijwe imvura idasanzwe

October 23, 2025

Iyi hazabu yaciwe yaje kuyishyurirwa n’umuryango utari uwa leta muri Kenya, abona kurekurwa asubira mu muryango we, ariko yasohotse atakibasha kugenda kubera izabukuru n’ubuzima bwo muri gereza.

Uyu mukecuru yafunganywe na Priscillah Achela bari kumwe yagize ati “Twese twakatiwe umwaka umwe, ariko njye nabashije kwishyura ihazabu ndarekurwa, Sabina, kubera ubushobozi buke n’ubuzima butameze neza, yasigaye muri gereza kugeza ubwo igikorwa cy’ubugiraneza cyamutabaye.”

Nyuma yo kuva muri gereza, Sabina yagize ati “Ndashimira Imana kuko yankijije, ntabwo nari nzi ko nzongera gusohoka hano.”

Iyi nkuru yateje impaka ku bijyanye n’uburyo ubutabera bukoreshwa ku bantu bageze mu za bukuru, n’uruhare imiryango itari iya leta igira mu kurengera abanyantege nke.

Previous Post

Umugabo wahanze ibendera ry’u Rwanda, ikirangantego n’inote ya 5000 Frw, yitabye Imana

Next Post

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila ryahagaritswe gukorera ku butaka bwa Congo rishinjwa gushyigikira u Rwanda n’umutwe wa M23

Next Post
Joseph Kabila wahoze ayobora RDC yamaze gusesekara mu Mujyi wa Goma

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila ryahagaritswe gukorera ku butaka bwa Congo rishinjwa gushyigikira u Rwanda n’umutwe wa M23

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved