• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Karongi: Umukobwa w’imyaka 24 yafatanywe magendu

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 12, 2025
in Amakuru
0
Karongi: Umukobwa w’imyaka 24 yafatanywe magendu
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Inzego z’umutekano mu Karere ka Karongi zataye muri yombi umukobwa witwa Nikuze Anita w’imyaka 24 nyuma yo gufatirwa mu gikorwa cyo gutunda ibicuruzwa bya magendu.

Uyu mukobwa yari afite amakarito 11 y’inzoga zizwi nka Simba n’ikizingo cy’amashashi akoreshwa mu gupfunyika isukari n’umunyu.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Amakuru aturuka mu buyobozi bw’Umurenge wa Gishyita avuga ko uyu mukobwa yafatiwe mu Mudugudu wa Kabwenge, Akagari ka Kigarama. Kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gishyita mu gihe hakomeje iperereza rigamije kumenya imvano n’abo yaba akorana na bo.

Bamwe mu baturage bo muri ako gace babwiye itangazamakuru ko akimara gufatwa yagaragaje ko atari ibye ahubwo yabizaniye abandi bantu. Ariko ngo yakomeje guhindagura ibisobanuro, rimwe akavuga ko abamwohereje babarizwa i Gishyita, ubundi akavuga ko bakomoka mu Murenge wa Mahembe mu Karere ka Nyamasheke, bigaragara ko yari arimo kujijisha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishyita, Nsengiyumva Rwandekwe Songa, yavuze ko hakiri gukusanywa amakuru yose kugira ngo hamenyekane niba uyu mukobwa ari we wihariye ubucuruzi cyangwa se yarakoraga nk’intumwa y’abandi.

Yagize ati: “Turashaka kumenya neza ukuri kose ku by’uyu mukobwa. Ariko icy’ingenzi ni uko abaturage batanga amakuru, bigafasha inzego zishinzwe umutekano gukumira ibikorwa bya magendu.”

Yakomeje asaba abaturage kwirinda gushakira amaramuko mu bikorwa bitemewe n’amategeko, ahubwo bakifashisha inzira zemewe kuko ari zo zitanga umutekano n’iterambere rirambye.

Previous Post

Igisubizo cya Leta y’u Rwanda ku busabe bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku ifungurwa rya Ingabire Victoire

Next Post

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar

Next Post
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emir wa Qatar

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved