• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Karongi: Inkangu yishe umumotari n’umugenzi, undi arakomereka bikomeye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
March 27, 2026
in Amakuru
0
Karongi: Inkangu yishe umumotari n’umugenzi, undi arakomereka bikomeye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Karere ka Karongi, inkangu yatewe n’imvura nyinshi yahitanye umumotari n’umugenzi yari atwaye, mu gihe undi muturage wari hafi aho yakomeretse bikomeye.

Iyi mpanuka yabaye ku wa Kane, tariki ya 26 Werurwe 2026, mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Gasenyi, Umurenge wa Mutuntu. Amakuru agaragaza ko aba bombi bagwiriwe n’inkangu ubwo banyuraga muri aka gace, nyuma y’imvura yari imaze amasaha menshi igwa, igateza inkangu yanateye ifungana ry’umuhanda.

Related posts

Umukobwa w’imyaka 20 yatsinze ibigo bikomeye birimo Meta na YouTube mu rubanza abishinja ko imbuga nkoranyambaga zabyo zamuteje ibibazo byo mu mutwe

Umukobwa w’imyaka 20 yatsinze ibigo bikomeye birimo Meta na YouTube mu rubanza abishinja ko imbuga nkoranyambaga zabyo zamuteje ibibazo byo mu mutwe

March 26, 2026
Umuhanzi Maître Gims ukomoka muri RDC wigeze gukora indirimbo yibasira Paul Kagame, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu Bufaransa

Umuhanzi Maître Gims ukomoka muri RDC wigeze gukora indirimbo yibasira Paul Kagame, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu Bufaransa

March 26, 2026

Abitabye Imana barimo Imanirafasha Diedonné w’imyaka 23 na Ishimwe Chance, bombi bakomoka mu Kagari ka Gasharu.

Harerimana Joseph w’imyaka 42, wari uri hafi aho, yakomeretse bikomeye, ubu akaba ari kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Kibuye.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mutuntu bwihanganishije imiryango yabuze ababo, bunasaba abaturage kurushaho kwitwararika muri ibi bihe by’imvura nyinshi, kuko ubutaka bwamaze kworoha bityo inkangu zikaba zishobora kuboneka hato na hato.

 

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) igaragaza ko ibiza bikomeje gutwara ubuzima bw’Abanyarwanda, aho kuva muri Mutarama 2025 kugeza muri Werurwe 2026 abantu 207 bamaze kwitaba Imana.

Muri iki gihe kandi, abantu 432 barakomeretse, inzu zirenga 2,300 zirangirika, mu gihe izindi 35 zasenyutse burundu. Ibi byose biterwa n’ibiza birimo imvura nyinshi, inkangu n’inkuba.

Previous Post

Gen. Muhoozi Kainerugaba yavuze ko igihugu cye cyiteguye gutabara Israel igihe yabitabaza, aburira Iran ko iteye misile kuri Uganda nabo bahita bayohereza

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved