Joshua Baraka ukomoka mu gihugu cya Uganda nyuma yigihe kinini yifuza gukorana indirimbo n’umwe mu bahanzi bakomeye hano mu Rwanda Bruce Melodie byarangiye bibaye.
Barak yageze Ikigali kuwa Gatanu Taliki 15 Kanama 2025, ubwo yari aje mu Gitaramo cya DJ Pius cyo kwizihiza imyaka 15 amaze mu muziki cyari kuba kuwa agatandatu Taliki 16 Kanama 2025 cyari bu bere muri kigali Univers.
Iki gitaramo cyari buzemo abahanzi batandukanye barimo Alyn sano, Mike Kayihura, Ruti Joel , Jules Sentore ,Dj Marnaud ndetse n’abandi.
Iyi yari inshuro ya kabiri Baraka ataramiye i Kigali aho bwambere aza yari aje kumenyekanisha ibikorwa by’umuziki we avuga ko mbere aza yaje mu modoka rusange (Bus) gusa ubu yaje n’indege.
Akigera ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga Cya Kigali i Kanombe yavuze ko afite gahunda yo kugirana ibuganiro n’abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie, Element, Mike kayihura n’abandi hakarebwa uko bakorana indirimbo.
Ku wa Gatanu tariki 15 Kanama 2025, yahuye kandi agirana ibiganiro na Bruce Melodie, ariko kiriya gihe ntibigeze bakorana indirimbo. Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 17 Kanama 2025, ni bwo bombi bahuriye muri ‘Studio’ bakorana indirimbo.
Tuyitakire Joshua, Ushinzwe Itangazamakuru muri sosiyete y’umuziki ya 1:55 AM yabwiye InyaRwanda ati “Ku wa Gatanu barahuye, ubwo Baraka yari akigera mu Rwanda, ariko yari ananiwe. Uyu munsi (Ku Cyumweru tariki 17 Kanama 2025), rero bahuye baraganira, ndetse bafata amajwi y’indirimbo, kandi yarangiye.”
Baraka yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye nka Nana ariyo yamutumbagije ,wrong place nizindi nynshi gusa afitanye N’indirimbo na Kivumbi kingi wa hano mu Rwanda yitwa Streets,
Baraka kandi yakoranye n’abahanzi batandukanye Joeboy (Nigeria), King Promise (Ghana) na Bien (Kenya).
Ikindi wamenya kuri Baraka nuko Mamawe avuka hano mu Rwanda hanyuma papa we akaba avuka muri kenya Baraka akaba yarakuriye muri Uganda, ibi byatumye bamwe bagenda bavuga ko avuka iwabo abandi nabo ngo n’uwacu, aho umuhanzi Bien soul wo muri kenya ejobundi yavuze ko aruwabo azageza kenya kure naho eddy kenzo wa Uganda nawe yavuze ko uyu musore ari uwabo ubwo hasigaye abo,mu Rwanda kuvuga ko nawe ari uwaho.
Namwe mutubwire ese muratekereza ko uyu muhanzi iwabo nyakuri twavuga ko arihe avuka?.





