• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Jay C,Bull Dogg na Bushali barwaniye n’abafana mu kabyiniro

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 19, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Jay C,Bull Dogg na Bushali barwaniye n’abafana mu kabyiniro
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Abaraperi barimo Bull Dogg ,barimo Jay C na Bushali nyuma yo kuva muri MTN Iwacu Muzika Festival mu mpera z’icyumweru gishize bikojeje mukabyiniro baha hurira n’uruvagusenya.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo habaye igitaramo Cya MTN MTN Iwacu Muzika Festival cyari cyabereye i Rubavu ubwo cyari cyitabiriwe n’abahanzi bakomeye bagiye gutanga ibyishimo ku bafana babo i Rubavu, nyuma y’ibyo bamwe mu bahanzi bari bataramiye irubavu barimo Bushali, Bull Dog na Jay C bagiye mu kabyiniro imvururu zikavuka bakarwana.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Ibi byabereye ahizwi nko kwa “Nyanja”gusa mbere y’uko baza aho bari babanje gusohokera mu biroro bya White Party, nyuma baza kwrekeza aho kwa Nyanja bahahurira nabandi bashaka kubasagarira havamo imirwano.

Mu kiganiro umuraperi Jay C yagiranye n’ikinyamakuru IGIHE yavuze ko basohokeye aho barikumwe n’imiryango yabo, Batari bagiye guteza akavuyo.

Ati “Nyuma yo gukora igitaramo, twafashe umwanya wo kujya kuruhukana, twanyuze ahitwa ‘Lake Side’ hari habereye ibirori bya ‘white party,’ ntitwahatinda ahubwo dushaka no kunyura mu kabyiniro kamwe.”

Jay C yavuze ko basohotse bageze ku muryango bahura n’igikundi cy’abafana basa nkaho bagasomye barabasagarira birangira havuyemo imirwano.

Yakomeje agira ati “Twasohotse dusize abo mu miryango yacu twari kumwe imbere, twe twari tugiye gufata akayaga. Tugeze ku muryango duhura n’igikundi cy’abantu bagera ku icyenda barimo n’abakobwa, baza badusanga ubona ko basinze. Baje badusanga dusa n’abigiye hirya kuko byagaragaraga ko batameze neza, bo bahita babifata nk’aho ngo tubasuzuguye”.

Icyo gikundi cyatangiye kuvuga amagambo mabi bashaka kubumvishako babasuzuguye kandi ari abafana babo, batangira kubasagira ngo baba kubite.

Jay C yavuze ko nta kindi bari gukora uretse kwirwanaho kuko n’akabyiniro kari gafite ushinzwe umutekano umwe nawe cyaneko nawe ntacyo yigeze abafasha.

Ati “Urumva bari bafite ushinzwe umutekano umwe, nawe yari arinze umuryango ntabwo yigeze aza kudukiza. Byabaye ngombwa ko twirwanaho mu ntambara yamaze iminota itari mike. Ku bw’amahirwe Imana yakinze akaboko ntawahagiriye ikibazo.”

Jay C yavuze ko Polisi y’u Rwanda yaje kuhagera bamwe bagatabwa muri yombi yamaganira kure ibivugwa ko banyweye inzoga bakabura ayo kwishyura bikaba aribyo ngo byaba byateje uyu mu Rwano

Ati “Niba se wabonye amashusho koko hari umuntu ukora muri kariya kabyiniro wabonye turwana? None se twari kuba twambuye tukarwana n’abakiliya? Ntabwo ari byo.”

 

Previous Post

NESA :LINK WAKORESHA UKURIKIRA IGIKORWA CYO GUTANGAZA AMANOTA KUWA 19/8/2025

Next Post

Abakobwa batsinze neza! Uko Abanyeshuri bitwaye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange 2024-2025

Next Post
Itangazo rireba Abanyeshuri bose bakoze ibizamini bya Leta Umwaka 2025-2026 igihe azasohokera

Abakobwa batsinze neza! Uko Abanyeshuri bitwaye mu bizamini bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange 2024-2025

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved