Mu murenge wa Jabana, mu kagari ka Bweramvura, mu karere ka Gasabo, ahazwi nko Mugiki, umusozi waridutse umanuka aho abahinzi bari bari guhinga harimo umugabo umugore ndetse n’umwana imana ikinga akaboko .
Nubwo nta wakomeretse, bimwe mu bikoresho by’abahinzi byangiritse. Itangazamakuru ryaganiriye n’abaturage maze umwe muri bo avuga ati:
“Nari ngiye gutera imiteja. Umugore wanjye n’umwuzukuru bari impande yanjye. Afata umwuzukuru amushyira mu ngobyi, atangira gusoroma intoryi. Ako kanya itaka rihita rimanuka. Nanjye ibitaka byaranyirukankanye. Umugore wanjye yirutse yibagirwa umwana, aragaruka kumuzana. Mu kumuzana asigamo telefone n’imyenda y’ingobyi, byose bigwirwa n’itaka.”
Undi nawe yagize ati:
“Nari mu murima nsoroma intoryi, mpetse umwana. Ndamwururutsa ngo nsorome neza intoryi n’ibi biringanya, ntereka ingobyi na telefone hasi. Ngiye kumva numva ibintu biturutse inyuma. Ndebye aho duhagaze mbona ubutaka buraturitse, buracitse. Ndebye inyuma mbona itaka riza ryiruka, ubwoba buranyica ndiruka, ariko nibuka ko nsize umwana. Nsubira inyuma mushitura mfashe akaboko ngenda nurreretse itaka riza ryiruka ritwikira ya telefone n’ibindi, ariko ku bw’amahirwe turarokoka.”
Nubwo Imana yakinze akaboko ikarinda ubuzima bw’abantu, imyaka bari barahinze irimo intoryi, imboga, n’ibindi bihingwa byangiritse bikomeye, ku buryo nta musaruro uzaboneka.
Itangazamakuru ryagerageje kuvugisha umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ema Claudine Ntirenganya, ariko ntibyashoboka.
Gusa ubuyobozi bw’Akagari ka Bweramvura, bufatanyije n’abafatanyabikorwa, bwatangaje ko ku wa mbere aba baturage bazabarurwa, hagasuzumwa ibyabo byangiritse kugira ngo bashyigikirwe no mu buryo bw’ubutabazi, mu rwego rwo kubafata mu mugongo.




