Israel yahaye gasopo Hamas iyisaba kurekura imfungwa zose no gushyira hasi intwaro, itabikora Gaza igahinduka isibaniiro ry’igitero gikaze cyiswe “umuyaga mwinshi” (mighty hurricane).
Kuri uyu wa Mbere, ingabo za Israel (IDF) zasabye abaturage bo muri Gaza guhita bahava, nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu n’abandi bayobozi bakuru batangaje ko hari igitero cyagutse kigiye kugabwa.
Israel ivuga ko Hamas igifite imfungwa 48 zakuwe muri Israel mu 2023, ubwo iyi ntambara yatangiraga. Netanyahu yagize ati: “Ndabwira abaturage ba Gaza City: mwaburiwe – muhite muhava!”
Minisitiri w’Ingabo Israel Katz yibukije Hamas ko igihe kigeze, ati: “Iyi ni gasopo ya nyuma – murekure imfungwa mushyire hasi intwaro, bitaba ibyo Gaza iraba isibaniro namwe mucikeho.”
Ingabo za Israel zateye ibisasu inzu ndende y’amagorofa 12 hagati ya Gaza, nyuma yo gusaba abari bayirimo kuyivamo. Israel ivuga ko iyo nyubako Hamas yayikoresheje mu bikorwa by’ubutasi no gutegura ibitero, mu gihe abaturage bavugaga ko yari icumbikiye imiryango yimuwe n’intambara.
Perezida Donald Trump yatangaje ko icyifuzo cy’i Washington cyo guhagarika intambara ari “amahirwe ya nyuma” kuri Hamas. Icyo cyifuzo gisaba ko imfungwa zose zasubizwa hanyuma ibiganiro bigakomeza biganisha kurangiza intambara.
Hamas yo yavuze ko yiteguye kurekura imfungwa gusa igihe hazaba habayeho “itangazo risobanutse rihagarika intambara n’iseswa ry’ingabo za Israel muri Gaza.”
Ku wa Mbere, nibura Abanyapalestina 40 bishwe n’ibitero bya Israel, barimo umunyamakuru Osama Balousha. Abandi 15 bishwe n’amasasu n’ibitero bitandukanye, mu gihe abasirikare bane b’Israel nabo bishwe mu majyaruguru ya Gaza.
Kuva intambara yatangira, abashinzwe ubuvuzi muri Gaza batangaza ko abantu barenga ibihumbi 64,000 bamaze kwicwa, harimo abarenga 393 bapfuye bazize inzara mu mezi abiri ashize. Israel yo ivuga ko ibyo birego by’inzara “bikabije cyane.”
Abanyamakuru barenga 250 bamaze kwicirwa muri Gaza, bose ari Abanyapalestina kuko Israel itemera abanyamakuru b’amahanga kwinjira mu gace k’intambara. Ni yo ntambara yahitanye abanyamakuru benshi mu mateka y’itangazamakuru, ibintu abayobozi ba Palestina bemeza ko biterwa no kwibasirwa, ariko Israel ikabihakana.
Intambara yatangiye mu 2023 ubwo abarwanyi ba Hamas n’imitwe iyifasha bagabaga igitero mu majyepfo ya Israel, bakica abantu 1,200 bagashimuta abarenga 250. Nyinshi mu mfungwa zarekuwe mu masezerano yo guhagarika intambara mu 2023 na hagati ya Mutarama–Werurwe 2025, ariko Hamas igifite izindi izifata nk’ikarita y’ibiganiro.
Israel yo ivuga ko intambara itazarangira kugeza Hamas irekuriye imfungwa zose kandi igashyira hasi intwaro, mu gihe Hamas ivuga ko bizashoboka ari uko habayeho igihugu cya Palestina cyigenga.




