• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Yemen yagabweho igitero gikomeye hapfiramo aba Minisitiri

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
August 30, 2025
in Amakuru
0
Yemen yagabweho igitero gikomeye hapfiramo aba Minisitiri
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Minisitiri w’Intebe uri mubavuga rikumvikana mu mutwe wa Houthi muri Yemen.”Ahmad Ghaleb al-Rahwi, hamwe n’abandi ba Minisitiri barimo bamwe bo ku rwego rwo hejuru, baguye mu gitero cy’indege cyagabwe n’Ingabo za Israheli mu murwa mukuru Sana.

Umukuru w’Inama y’Ubutegetsi bwa Houthi, Mahdi al-Mashat, yemeje urupfu rw’aba bayobozi, avuga ko n’abandi bantu benshi bakomerekejwe, ariko ntiyatangaje amazina yabo cyangwa umubare nyawo.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Ku ruhande rwa Israheli, Ingabo zayo zatangaje ku wa Gatanu ko,icyo gitero cyari kigamije kwibasira abayobozi bakuru barimo umugaba mukuru w’ingabo, Minisitiri w’Ingabo ndetse n’abandi bayobozi b’ingenzi, ariko hakaba hagikorwa iperereza ryimbitse ngo hamenyekane neza ibyavuye mu gitero. Nta gihamya iragaragaza niba Minisitiri w’Ingabo wa Houthi ari mu bishwe.

Nyuma y’urupfu rwa Rahwi, umu Depite we Mohamed Moftah yahise ahabwa inshingano zo gusimbura Minisitiri w’Intebe, nk’uko byatangajwe kuri uyu  wa Gatandatu. Rahwi we yafatwaga nk’umuyobozi wo kuruhande ariko atari mu itsinda ry’imbere rifata ibyemezo by’ingenzi bya Houthi.

Ingabo za Israheli zavuze ko zagabye igitero ku nyubako mu murwai Sana aho abayobozi bakuru ba Houthi bari bateraniye, zigashimangira ko yari “operasiyo ikomeye” yateguwe binyuze mu makuru y’iperereza no kugenzura ikirere. Abategetsi b’Israheli bavuze ko ku wa Kane intego zari ahantu henshi, aho abayobozi ba Houthi bari bateraniye bareba ijambo ry’umuyobozi wabo Abdul Malik al-Houthi

Umutwe wa Houthi usanzwe ushyigikiwe na Iran, umaze igihe ugaba ibitero ku mato anyura mu Nyanja Itukura, uvuga ko ari ibikorwa byo kwifatanya n’Abanya-Palestina bo muri Gaza. Gusa nabo barashe ibisasu kuri Israheli, byinshi muri byo bikurwaho n’ubwirinzi bwa gisirikare bwa Israheli.

Ku rundi ruhande, Israheli ikomeje kwihimura igaba ibitero ku duce dutandukanye tugenzurwa na Houthi, birimo n’icyambu cya Hodeidah, gifatwa nk’ingenzi mu bukungu bwa Yemen.

Previous Post

Rusizi: Gitifu na SEDO bateranye amagambo benda gufatana mu mashati

Next Post

Menya amwe mu mateka ya Miss Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016

Next Post
Menya amwe mu mateka ya Miss Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016

Menya amwe mu mateka ya Miss Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda mu 2016

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved