• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
March 10, 2026
in Amakuru
0
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Ubutegetsi bwa Iran bwongeye gutanga ubutumwa bukakaye bugana kuri Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bumusaba kwitwararika mu magambo atangaza ku gihugu cyabo.

Ali Larijani, umwe mu bayobozi bakomeye mu by’umutekano muri Iran, yatangaje ko abaturage b’icyo gihugu badatewe ubwoba n’amatangazo ya Donald Trump, avuga ko asa n’iterabwoba ritagira ingaruka.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
FARDC yameje ko yahanuye drones ebyiri bivugwa ko zari iza M23

FARDC yameje ko yahanuye drones ebyiri bivugwa ko zari iza M23

March 10, 2026

Larijani yavuze ko Iran atari ubwa mbere ihanganye n’ibihugu bikomeye, anagaragaza ko hari abo yahanganye na bo mu mateka yayo bakomeye kurusha Trump ariko ikabasha kubatsinda.

Mu magambo ye yagize ati abaturage ba Iran ntibatinya amagambo y’iterabwoba, anaburira Trump ko akwiye kwitonda kugira ngo atazisanga ari we wishwe.

Aya magambo aje akurikira ubutumwa Trump aherutse gutanga aho yaburiye Iran ko ishobora guhura n’ingaruka zikomeye zirimo “urupfu, umuriro n’uburakari bukabije” mu gihe yakomeza gufunga inzira ya peteroli inyura mu Strait of Hormuz.

Ubu butumwa bwa Iran buje mu gihe umwuka mubi hagati ya Washington na Tehran ukomeje kwiyongera, cyane cyane nyuma y’ibitero Amerika na Israel biherutse kugaba ku butaka bwa Iran.

Muri ibyo bitero byavuzwe ko byahitanye bamwe mu bayobozi bakuru b’icyo gihugu barimo na Ali Khamenei wahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran.

Abasesenguzi bagaragaza ko aya magambo akomeje kugaragaza ubukana bw’amakimbirane hagati y’ibihugu byombi, ibintu bishobora gukomeza gukaza umwuka mubi mu karere no ku rwego mpuzamahanga.

Previous Post

FARDC yameje ko yahanuye drones ebyiri bivugwa ko zari iza M23

Next Post

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Next Post
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved