• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Lifestyle

Mu Rwanda Ingo ibihumbi 50 zigiye kujya zitekesha gaz aho gukoresha amakara cyangwa inkwi

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 29, 2025
in Lifestyle
0
Mu Rwanda Ingo ibihumbi 50 zigiye kujya zitekesha gaz aho gukoresha amakara cyangwa inkwi
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

U Rwanda ku bufatanye n’Ubwami bwa Arabie Saoudite byatangije gahunda nshya igamije kugeza ingufu zisukuye zo gutekesha (gaz) ku ngo zigera ku bihumbi 50 hirya no hino mu gihugu. Uyu mushinga ugamije guteza imbere uburyo bwo guteka budahumanya ikirere, bwita ku bidukikije kandi butuma abaturage babaho neza kurushaho.

Iyi gahunda izamara umwaka n’igice, ikazatangirira mu Mujyi wa Kigali no mu Turere twa Rwamagana, Musanze, Muhanga na Huye. Intego nyamukuru ni ugufasha Abanyarwanda kuva ku ikoreshwa ry’inkwi n’amakara, bikomeje gutera ingaruka ku bidukikije no ku buzima bw’abantu, bakagana uburyo bwa gaz burambye kandi buboneye.

Related posts

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) wavuze ko kuva umutwe wa M23 wava muri Uvira ibintu byabaye bibi kurushaho

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) wavuze ko kuva umutwe wa M23 wava muri Uvira ibintu byabaye bibi kurushaho

January 21, 2026

Jokowi Needs Multidimensional Dialogue On Criminal Code Bill: Alliance

July 25, 2025

Mu rwego rwo gufasha cyane cyane abaturage bafite amikoro make, biteganyijwe ko bazahabwa ibikoresho bya gaz ku giciro gito. Ibyo bikoresho bizaba bigizwe n’amashyiga abiri ya gaz, icupa rya gaz rifite ibilo 12, ndetse n’igikoresho gifasha kugura gaz mu buryo bworoheje bwa buri munsi.

Uyu mushinga watangiye gushyirwa mu bikorwa muri Gashyantare 2025, uhera mu Mujyi wa Kigali, ukaba waramaze no kugera mu Turere twa Musanze na Rwamagana. Kugeza ubu, abaturage basaga ibihumbi bitandatu bamaze guhabwa ibyo bikoresho, kandi biteganyijwe ko gahunda izagera no mu tundi turere mu minsi iri imbere.

 

Previous Post

Ngororero: Umugabo yirukankanye mushiki we ngo amuteme amubuze yahuka insina ze arazitema zose asiga 2 gusa

Next Post

Kinyinya: Umugore yishe umugabo we amuteye icyuma

Next Post
Rwamagana: Umusore yateye icyuma umukunzi we bari bararanye

Kinyinya: Umugore yishe umugabo we amuteye icyuma

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved