• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ingabo z’u Burundi, FDLR n’abacanshuro zavuzwe mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 25, 2026
in Amakuru
0
Ingabo z’u Burundi, FDLR n’abacanshuro zavuzwe mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyepfo
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umutekano w’abaturage bo mu misozi miremire ya Kivu y’Amajyepfo uravugwaho impungenge zikomeye, nyuma y’amakuru avuga ko hari ingabo n’imitwe yitwaje intwaro bikomeje kwinjizwa muri utu duce mu buryo budasanzwe.

Ibyo byatangajwe n’umutwe wa MRDP–Twirwaneho, uvuga ko mu bice birimo Fizi, Itombwe na Uvira hagaragara imyiteguro ya gisirikare igaragara nk’igamije kwibasira abasivili, cyane cyane abatuye mu gace ka Minembwe.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Twirwaneho, hari ingabo zitandukanye zirimo iza Leta ya Congo, iz’u Burundi, imitwe ya Wazalendo, FDLR ndetse n’abarwanyi b’abanyamahanga bivugwa ko bagejejwe muri utu duce mu minsi ishize. Uyu mutwe uvuga ko izo ngabo zifatanya mu bikorwa bigamije gukuraho abaturage ku butaka bwabo ku ngufu.

Amakuru atangwa n’uyu mutwe agaragaza ko hari abasirikare b’u Burundi babonetse mu gace ka Mutambala muri teritwari ya Fizi, by’umwihariko mu duce twa Kichula, Itota na Kananda, aho bakekwaho kuba bari mu myiteguro y’ibitero bihuriweho.

Twirwaneho ivuga ko ibi bibaye mu gihe hari icyuho cy’umutekano cyasizwe n’iyikurwa ry’ingabo za AFC/M23 mu mujyi wa Uvira, mu gihe gahunda yo koherezayo ingabo zitabogamiye ku ruhande urwo ari rwo rwose itigeze ishyirwa mu bikorwa.

Uyu mutwe unavuga ko hari ibitero byakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya drone mu duce twa Rugezi na Mukoko, bigakurikirwa n’inkomere z’abaturage bo mu gace ka Mikenke.

Mu butumwa bwayo, Twirwaneho yibutsa ko kurasa no kugaba ibitero ku basivili binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu, igasaba umuryango mpuzamahanga kudakomeza guceceka ku bibera muri aka karere.

Previous Post

Gisagara: Abagabo bane bari kwa muganga nyuma yo kunywa inzoga bicyekwa ko yari irimo supaguru

Next Post

Igiciro cya Zahabu cyongeye gutumbagira cyane

Next Post
Igiciro cya Zahabu cyongeye gutumbagira cyane

Igiciro cya Zahabu cyongeye gutumbagira cyane

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved