• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ihuriro AFC/M23 ryagabweho ibitero na Drones z’igisirikare cya Congo (FARDC)

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
December 9, 2025
in Amakuru
0
Ihuriro AFC/M23 ryagabweho ibitero na Drones z’igisirikare cya Congo (FARDC)
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, umutekano ukomeje kuzamo kidobyq nyuma y’ibitero bya drones byakorewe ku birindiro bya AFC/M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC).

Ku wa Mbere, igitero cy’indege zitagira abadereva cyibasiye agasozi ka Katale, cyomgera guteza ubwoba mu baturage bo muri Katale-Centre. Amakuru avuga ko FARDC yagabye ibyo bitero ahagana saa yine za mu gitondo.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Ibi byakurikiye ibindi bitero byo ku Cyumweru, aho FARDC yari yerekeje ingufu ku birindiro bitandukanye bya AFC/M23 birimo Kahongole—agasozi kari hafi ya Masisi-Centre n’ibiro bya teritwari—n’ahitwa Bukombo, hagati ya Masisi-Centre na Nyabiondo.

Nk’uko bitangazwa na Kivu Morning Post, ibyo bitero byatumye bamwe mu barwanyi ba AFC/M23 bava mu mirwano basubira inyuma berekeza mu bice bifite umutekano mwinshi, mu gihe abaturage ba Bukombo bahungiye mu gace ka Nyabiondo.

Mu yindi mirwano yabayw kuri uyu wa Mbere, AFC/M23 yegereye mu birometero 10 mu majyaruguru ya Nyabiondo aho yabirwaniyemo na Wazalendo mu gace ka Kinyumba, mu rwego rwo kugerageza kongera kugenzura ako gace Wazalendo iherutse kwigarurira.

Naho ku mihanda ya Nyabiondo–Kashebere na Kaanja–Mahanga, hari hari ituze rigereranyije, nubwo higeze kugaragara ibikorwa bya AFC/M23 mu gace ka Kashebere–Kibati.

Previous Post

Nta mirwano dushaka ariko uwo tuzasanga munzira tuzamwikiza nta kuzuyaza- Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi

Next Post

Umuhanzi wo muri Uganda Ykee Benda yakoze impanuka agiye kw’amamaza umukuru w’igihugu

Next Post
Umuhanzi wo muri Uganda Ykee Benda yakoze impanuka agiye kw’amamaza umukuru w’igihugu

Umuhanzi wo muri Uganda Ykee Benda yakoze impanuka agiye kw'amamaza umukuru w'igihugu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved