• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Igisubizo cya Leta y’u Rwanda ku busabe bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku ifungurwa rya Ingabire Victoire

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 12, 2025
in Amakuru
0
Igisubizo cya Leta y’u Rwanda ku busabe bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku ifungurwa rya Ingabire Victoire
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yasubije ku byemezo by’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Victoire Ingabire Umuhoza afungurwa byihuse, avuga ko u Rwanda ari igihugu cyigenga kitagengwa n’igitutu cy’amahanga, cyane cyane aho byaba bisa no kugarura ishusho y’ubukoloni.

Ibi byabaye nyuma y’uko ku wa Kane tariki ya 11 Nzeri 2025, Inteko ya EU itoye umwanzuro usaba ibihugu birimo u Rwanda, Cyprus na Togo gufungura bamwe mu banyapolitiki bafunze. Ku Rwanda, by’umwihariko, iyi nteko yasabye ko Ingabire Victoire, uyobora ishyaka ritavuga rumwe na Leta rya DALFA-Umurinzi, arekurwa nta mananiza.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Muri raporo yashyizwe ku rubuga rw’Inteko ya EU, hanavuzwemo ibirego by’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, abanyamakuru ndetse n’abagize imiryango itari iya Leta bakunze guhangayikishwa n’imyitwarire ibangamira uburenganzira bwabo, bamwe bakaba barafunzwe cyangwa bakandazwa.

Icyo cyemezo cyashyigikiwe n’abadepite 549, mu gihe babiri gusa bacyanze, abandi 41 bagahitamo kudatora.

Minisitiri Nduhungirehe yabwiye abanyamakuru ati: “U Rwanda rufite ubusugire n’ubwigenge kuva rwava mu bukoloni. Nta mwanzuro w’Ubukoloni bushya ushobora guhindura uburyo ubutabera bwacu bukora.”

Ingabire Victoire ubu afungiye mu Rwanda aho akurikiranyweho ibyaha birimo gukwirakwiza ibihuha no guteza imvururu, gucura imigambi igamije guhungabanya umutekano w’igihugu, ndetse no gushishikariza abaturage imyigaragambyo itemewe. Urukiko rwamaze gutegeka ko afungwa by’agateganyo iminsi 30 mu gihe hagikorwa iperereza.

 

Previous Post

Nyarugenge: Abanyerondo batemwe n’ibisambo

Next Post

Karongi: Umukobwa w’imyaka 24 yafatanywe magendu

Next Post
Karongi: Umukobwa w’imyaka 24 yafatanywe magendu

Karongi: Umukobwa w'imyaka 24 yafatanywe magendu

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved