• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ibisobanuro by’amezi ya Kinyarwanda

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 26, 2025
in Amakuru
0
Ibisobanuro by’amezi ya Kinyarwanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Amezi ya Kinyarwanda agira ibisobanuro bijyanye n’ibihe byarangaga ikirere ndetse n’ibyarangaga umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi nka bimwe byari bitunze Abanyarwanda hafi ya bose kugeza n’ubu.

Amezi ya Kinyarwanda uko ari 12 asobanura iki?

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Mutarama: Ni ukwezi abantu batinda kuryama bari mu gitaramo kuko nta mirimo baba bafite ituma bazinduka.

Gashyantare: Ni igihe cy’izuba rikaze cyane ku buryo nta bantu baba bakicara ku ntare(amabuye) kubera ubushyuhe bwinshi bukomoka kuri iryo zuba.

Werurwe: Ni ukwezi kw’imvura nyinshi, mu magambo arambuye bakwita “Werure ugwe”.

Mata: Ni ukwezi urwuri ruba rutoshye cyane, inka zikarisha zigahaga zigatubura umukamo.

Gicurasi: Ni ukwezi kw’ibicu byinshi bibyuka bibuditse hasi.

Kamena: Ukwezi kw’amasaka aba yeze cyane yabaye menshi. Kwitwa Kamena kamena amasekuru.

Nyakanga: Ukwezi kw’izuba ryinshi, inka ziba zishonje kubera kubura urwuri, bakakwita Nyakanga kanga amabuguma (inka zishaje).

Kanama: Ibintu byose biba byanamye kubera izuba ryo muri Nyakanga, bakunze kukwita Kanama kanamiye Nzeri.

Nzeri: Ni ukwezi ibihe biba bitangiye kumera neza, ibyo bahinze biba bitangiye kwera.

Ukwakira: Ni ukwezi ko kwakira imyaka ibyo bahinze biba byeze.

Ugushyingo: Nyuma yo kweza cyane no gusarura byo mu Kwakira, hahita haza ukwezi ko guhunika imyaka, kukitwa Ugushyingo gushyingura ukuboza.

Ukuboza: Imyaka iba igenda isaza kubera kubura izuba aho ihunitse, indi ikiri mu mirima kuko iba yareze ntisarurwe bikayiviramo kubora. Bakakwita rero Ukuboza kuboza imyaka.

Previous Post

Indwara ya Kylian Mbape yabaye amayobera

Next Post

Hagiye kubakwa ibibuga birenga 63 bizagira uruhare runini mu iterambere rya siporo

Next Post
Hagiye kubakwa ibibuga birenga 63 bizagira uruhare runini mu iterambere rya siporo

Hagiye kubakwa ibibuga birenga 63 bizagira uruhare runini mu iterambere rya siporo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved