Ibirindiro by’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) byibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, bibera i Misevere, umudugudu uherereye hafi ya Musienene, hafi y’ishuri ribanza rya Musienene, umurwa mukuru wa Sheferi ya Baswagha, muri Teritwari ya Lubero, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru aturuka muri Sosiyete Sivile ya Musienene avuga ko iyi nkongi yaba yatewe n’inyeshyamba za Wazalendo. Aya makuru akomeza avuga ko ibi byabaye mu gihe abasirikare ba FARDC basanzwe bakambitse muri ibyo birindiro batari bahari, kuko bari bagiye mu butumwa bw’akazi muri Teritwari ya Beni, bityo ibirindiro bigasigara bitarinzwe.
Perezida wa Sosiyete Sivile ya Musienene yamaganye bikomeye iki gikorwa, avuga ko ari igihombo gikomeye ku mutekano w’akarere, nk’uko byatangajwe n’urubuga rw’amakuru ACTUALITÉ.CD.
Umuyobozi wa Teritwari ya Lubero wo mu nzego za gisirikare, waganiriye n’itamgazamakuru yemeje ko ayo makuru ari yo, ariko ntiyigeze atangaza ibisobanuro birambuye ku byabaye cyangwa ngo asobanure ingamba zafashwe mu rwego rwo gukumira ko byasubira.
Iki gikorwa kibaye nyuma y’igihe gito habaye andi makuru asa n’aya muri ako gace. Ku wa Kane tariki ya 8 Mutarama 2026, ibindi birindiro bya FARDC byari byaratawe nabyo byaratwitswe i Vusigha, mu gace ka Musienene–Katholo, Gurupoma ya Ngulo, muri Sheferi ya Baswagha.
Byongeye, ku wa Kabiri tariki ya 6 Mutarama 2026, abasirikare ba FARDC bari batangiye kuva muri aka gace berekeza mu mujyi wa Beni, nyuma yaho utuzu twose bari barubatsemo twatwitswe n’abantu bataramenyekana, bigahinduka ivu.




