• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Ibikubiye mu masezerano u Rwanda na RDC byasinye

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 25, 2025
in Amakuru
0
Ibikubiye mu masezerano u Rwanda na RDC byasinye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano agena “amahame y’ibanze mu miyoborere, umutekano n’ibijyanye n’ubukungu” azafasha akarere kubyaza umusaruro amahirwe kifitemo.

Ni amasezerano yasinyiwe i Washington kuri uyu wa 25 Mata 2025, akaba yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner, bafashijwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Marco Rubio, yavuze ko Uburasirazuba bwa Congo bumaze igihe kirenga imyaka 30 mu bibazo by’umutekano muke bituma amahoro n’iterambere rirambye bitagerwaho.

Ati “Ni ingenzi kuba ndi kumwe na bagenzi banjye ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, mu kugaragaza intangiriro y’ubushake bwo kugirana ibiganiro kugira ngo hashakwe igisubizo.”

Rubio yavuze ko atewe ishema no kuba akorana na Perezida Trump urajwe ishinga no kwimakaza amahoro ku Isi, kandi akayagira ishingiro rya byose.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko mu izina rya Perezida Kagame, ashimira Trump wagize uruhare mu gutuma habaho ibiganiro bizima biganisha ku gukemura ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo, ari na byo byaganishije ku isinywa ry’amasezerano.

Ati “Uyu munsi turi kuganira ibibazo bya nyabyo, umuzi w’ibibazo bikwiriye gukemuka kugira ngo tugere ku mahoro arambye”.

Yavuze ko ibyo bibazo birimo iby’umutekano hamwe no gucyura impunzi.
Ati “Ni ingenzi ko tuganira ku kubaka ubukungu bw’akarere buhuza ibihugu byacu hamwe n’abashoramari b’Abanyamerika. Intego yacu ni ukugira akarere gatekanye, kazira ubuhezanguni bushingiye ku moko, kandi kayobowe neza”.

Yavuze ko mu gihe haba hariho imikoranire myiza, byaganisha ku iterambere ry’abaturage n’uburumbuke bw’umugabane wa Afurika muri rusange.

Nduhungirehe yavuze ko amasezerano yasinywe ari urugendo ruganisha ku masezerano y’amahoro arambye, ndetse ko ashyigikiye gahunda y’ibiganiro byagizwemo uruhare na EAC na SADC hamwe na Qatar.

Ati “Intumbero yacu ni ukugera ku masezerano y’amahoro mu gihe cya vuba. Nta nzira y’ubusamo, tugomba gukora ibikomeye, tugakemura ikibazo mu buryo bwa nyabwo, rimwe rizima.”

Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bose mu guharanira ko uru rugendo rwatangiwe rutanga umusaruro.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Therese Kayikwamba Wagner, yavuze ko aya masezerano yasinywe, atari ikimenyetso gusa, ahubwo agaragaza ubushake bwa politiki; kandi ko bishimangira intero y’uko amahoro agomba kuza imbere ya byose.

Yavuze ko icyizere kigomba kubakwa hagati y’impande zombi, ibyo byamara kugerwaho bikabyutsa imikoranire ifatika.

Kayikwamba yavuze ko isinywa ry’amasezerano ritanga icyizere atari hagati y’ibihugu gusa ahubwo no ku baturage bamaze igihe kinini bategereje amahoro.

Ati “Amakuru meza ni uko hari icyizere cy’amahoro, amakuru ya nyayo ni uko amahoro agomba kugerwaho.”

Previous Post

Nyanza: Umugabo yishe umugore we amuziza amafaranga nawe birangira apfuye

Next Post

Umusore na Nyirabukwe batorokanye amafaranga y’ubukwe habura iminsi 9 ngo ubukwe bube

Next Post
Umusore na Nyirabukwe batorokanye amafaranga y’ubukwe habura iminsi 9 ngo ubukwe bube

Umusore na Nyirabukwe batorokanye amafaranga y'ubukwe habura iminsi 9 ngo ubukwe bube

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved