Abantu bakekwaho kugira uruhare mu gikorwa cyo gusagarira abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Huye baracyari mu iperereza, aho bamwe muri bo bamaze gutabwa muri yombi mu gihe abandi bagishakishwa.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gakoni, Akagari ka Karama, Umurenge wa Ruhashya, ubwo abayobozi bajyaga kugenzura no kumena inzoga zitemewe n’amategeko.
Mu gihe bari muri icyo gikorwa, bamwe mu bantu bakekwaho gukorana n’uwenga izo nzoga bagaragaje imyitwarire y’urugomo, bagerageza kubakubita.
Amakuru atangwa n’abaturage bo muri ako gace avuga ko aba bayobozi batewe amabuye, ndetse nyuma yaho Umuyobozi w’Akarere avuye aho, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wagerageje kuganiriza abaturage ariko na we aza gusagariwa, bikamuviramo gukomereka.
Bamwe mu bakekwaho uruhare muri ibi bikorwa bahise bahunga, mu gihe abandi bafashwe n’inzego z’umutekano kugira ngo bafashe mu iperereza.
Abaturage bavuga ko bafite impungenge z’umutekano wabo, bagasaba ko abakomeje kwihisha bashyirwa mu maboko y’ubutabera. Banagaragaza ko ibikorwa nk’ibi bidakwiye kwihanganirwa, cyane ko bavuga ko si ubwa mbere bibaye muri uwo mudugudu.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yemeje ko ikibazo kiri gukurikiranwa n’inzego zibishinzwe, asaba abaturage kwirinda kunywa no gucuruza inzoga zitujuje ubuziranenge mu gihe iperereza rikomeje.
Ku ruhande rwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Umuvugizi wayo, CIP Hassan Kamanzi, yatangaje ko abantu bane bamaze gufatwa, abandi batandatu bakaba barafashwe nk’abafatanyacyaha, mu gihe abandi batanu bagishakishwa.
Polisi yibukije abaturage ko ibikorwa bihungabanya umutekano, birimo urugomo no gukora ibinyobwa bitemewe, ari ibyaha bihanishwa ibihano bikomeye. Yavuze ko uwabihamijwe n’urukiko ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itatu n’itanu.
ISOKO:UMUSEKE



