• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Gisozi: Umugore bivugwa ko yicuruzaga yasanzwe mu ishyamba yapfuye yakuwemo n’imyenda

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
November 6, 2025
in Amakuru
0
Gisozi: Umugore yacunze umugabo n’umwana we baryamye abamenaho amavuta yatuye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 06 Ugushyingo 2025, mu ishyamba riherereye mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Ruhango mu Murenge wa Gisozi, hagaragaye umurambo w’umugore w’imyaka 38 y’amavuko witwa Yvonne, ukekwaho kuba wahitanywe n’ubugizi bwa nabi bukubiyemo ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ubwicanyi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yemeje aya makuru, avuga ko Polisi yahageze ihita itangira gukorana n’izindi nzego mu rwego rwo gukora iperereza ku cyaba cyabaye.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Yagize ati: “Ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice zo mu gitondo nibwo twamenyeshejwe ko hari umurambo w’umugore wabonetse mu ishyamba riherereye mu Kagari ka Ruhango. Twahageze dusanga yapfuye, kandi hari ibimenyetso by’amaraso mu maso bigaragaza ko ashobora kuba yakorewe ihohoterwa.”

CIP Gahonzire yakomeza avuga ko hari abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare muri uru rupfu bahise bafatirwa hafi aho, ubu bakaba bacumbikiwe na RIB mu gihe iperereza rikomeje.

Abaturage bo muri aka gace babonye uyu murambo bavuga ko nyakwigendera yari asanzwe akora umwuga wo kwicuruza, kandi bakeka ko yaba yabanje gusambanywa ku ngufu mbere yo kwicwa.

Umwe mu baturage yagize ati: “Bamusanze adafite imyenda yo munsi, afite ibikomere n’amaraso, kandi hafi ahongaho hari abagabo babiri bari banyoye inzoga basinze ndetse bamwe bafite amaraso ku myenda yabo. Bigaragara ko hashobora kuba habaye ihohoterwa riremereye nyuma bakamwica.”

Ubuyobozi n’inzego z’umutekano barasaba abaturage gutanga amakuru yihuse igihe cyose habonetse ibikorwa bikekwa ko binyuranyije n’amategeko, kugira ngo abakekwaho ibyaha bafatwe hakiri kare.

Previous Post

Umwe mu banyamakuru bakomeye bo kuri RBA yasezeye

Next Post

Burundi: Umushinjacyaha yamenye ko ari guhigwa bukware ahita atorokera mu gihungu cy’abaturanyi

Next Post
Burundi: Umushinjacyaha yamenye ko ari guhigwa bukware ahita atorokera mu gihungu cy’abaturanyi

Burundi: Umushinjacyaha yamenye ko ari guhigwa bukware ahita atorokera mu gihungu cy'abaturanyi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved