• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Gatsibo:Umuturage yakubiswe inkoni kugeza apfuye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 21, 2025
in Amakuru
0
Gatsibo:Umuturage yakubiswe inkoni kugeza apfuye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu Mudugudu wa Gasenga, Akagari ka Bushobora, Umurenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ukwakira 2025, haramutse humvikana inkuru y’urupfu rwa Nsekanabo Jean Marie Vianney, w’imyaka 38 y’amavuko, bikekwa ko yishwe akubiswe inkoni nyuma yo gushinjwa ubujura.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko nyakwigendera yaba yakubiswe n’abantu bamukekagaho kwiba inka, nubwo ngo nta gihamya cy’uko koko yari yibye iyo nka.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Umwe mu baturage yagize ati:

“Namenye ko yapfuye ubwo nari mu kazi  numva amakuru avuga ko hari umuntu bibye inka bagiye kuyishakisha, bahura na Nsekanabo mu nzira bamufata bamushinja ubujura. Ngo yashatse kwirwanaho kuko yari umusore w’igihagararo, baramukubita bikabije kugeza ubwo apfuye.”

Undi muturanyi we nawe yagize ati:

“Twari duturanye muri uyu mudugudu. Twumvise amakuru avuga ko bamufashe. Twatekerezaga ko ari umujura, ariko ntitwari tuzi neza icyatumye bamufata. Nyuma twamenye ko bamujyanye ku Kagali, ariko ngo yari ameze nabi cyane. Nyuma y’amasaha make twumvise ko yapfuye. Iby’ubujura byo sinari mbizi, numvise nyuma ko bamushinje kuba yarafatanywe inka y’abandi.”

Undi muturage yavuze ko yamenye ayo makuru ubwo yari ari mu mirimo yo mu rugo:

“Nari ndi gukubura numva abantu banyuze ku irembo bavuga ko Nsekanabo yafashwe. Nagiye kureba aho byabereye, ngeze mu Mudugudu wa Rwagitima nsanga bavuga ko bamukubise cyane. Nabajije aho ari, bambwira ko bamwambukije igishanga. Nahuye na nyina ari kumwe n’undi mukecuru, bambaza amakuru y’umwana wabo. Nababwiye ko numvise bavuga ko bamufatiye igikomo, ariko abo bari kumwe barirutse.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Madamu Urujeni Consolee, yemeje aya makuru, anatanga ubutumwa bugenewe abaturage.

Yagize ati:

“Ni byo koko twamenye amakuru ko hari umuturage wakubiswe bikamuviramo urupfu. Ubutumwa duha abaturage ni uko bitemewe na gato kwihanira. Iyo umuntu agukoreye icyaha, ntabwo ari wowe umucira urubanza. Tugira umukozi wa RIB ukorera hano mu Murenge wacu, kandi natwe abayobozi dukorana inama kenshi n’abaturage, tubibutsa ko igihe habaye ikibazo nk’iki bagomba kugishyikiriza inzego zibishinzwe aho kwihanira.”

Madamu Urujeni yashimangiye ko abaturage bakwiye gukomeza kugira uruhare mu kubungabunga umutekano ariko bagakurikiza amategeko.

Previous Post

Huye: Abaturage batangajwe no kubona moto yari iparitse ishya igakongoka nta kiyitwitse

Next Post

RIB yataye muri yombi umuvugabutumwa wiyitaga umuhanuzi agashuka abaturage ngo bamuhe utwabo

Next Post
RIB yataye muri yombi umuvugabutumwa wiyitaga umuhanuzi agashuka abaturage ngo bamuhe utwabo

RIB yataye muri yombi umuvugabutumwa wiyitaga umuhanuzi agashuka abaturage ngo bamuhe utwabo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved