• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Gatsibo:Umugabo yahutse urutoki rw’incuti ye insina zose ashyira hasi

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 12, 2025
in Amakuru
0
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Inzego z’umutekano mu Karere ka Gatsibo zataye muri yombi umugabo ukekwaho kwangiza urutoki rw’uwari inshuti ye, aho bikekwa ko yatemye insina zirenga 100 nyuma yo gushwana bari mu kabari.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Ryabugenge, Akagari ka Mpondwa mu Murenge wa Gitoki, ku wa Kane tariki 11 Nzeri 2025.

Related posts

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

U Rwanda na RDC bigiye kongera guhurira mu biganiro byo kuzahura inzira y’amahoro i Washington

March 17, 2026
Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko tariki ya 3 Nzeri 2025, abo bagabo bombi bari bagiranye amakimbirane mu kabari bapfa umugore wakoragayo. Mu gihe bashwanaga, umwe muri bo yahise atangaza amagambo yerekana ko azihorera ku mugenzi we.

Hashize iminsi mike, ku itariki ya 10 Nzeri, nyiri urutoki yasanze insina ze zisaga 100 zatemwe n’abantu bataramenyekana. Yahise atanga ikirego, bituma uwo bakekwaho guhemuka atangira kwihisha kugeza ubwo yafatiwe n’inzego z’umutekano.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitoki, Mayunzwe Pierre Claver, yatangaje ko bakeka uwo mugabo kubera amagambo yari yaravuze mu kabari, ndetse n’uko yahise yigira inama yo kwihishahisha nyuma y’icyaha.

Yagize ati: “Gutema insina nyinshi nk’izo si umuco nyarwanda. Twamushyikirije RIB kugira ngo hakorwe iperereza, kandi nibimucikiraho azahanwa. Abaturage turabibutsa ko amakimbirane agomba gukemurwa binyuze mu nzego z’ubuyobozi, aho kwihorera.”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gitoki bwatangaje ko bugiye gukorana inama n’abaturage bo muri Ryabugenge mu rwego rwo kubashishikariza kubana mu mahoro no kwirinda ibikorwa by’urugomo.

Kuri ubu, ukekwaho icyaha afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Mugera mu gihe iperereza rigikomeje.

Previous Post

Kimisagara: Umugabo w’imyaka 32 yasanzwe mu nzu yapfuye

Next Post

Nyarugenge: Abanyerondo batemwe n’ibisambo

Next Post
Nyarugenge: Abanyerondo batemwe n’ibisambo

Nyarugenge: Abanyerondo batemwe n'ibisambo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved