• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Gatsibo: Umusore w’imyaka 26 yiyahuye bikekwa ko yabitewe no gufuhira umukunzi we

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 10, 2025
in Amakuru
0
Gatsibo: Urujijo ku murambo w’umukarani wasanzwe ku muhanda
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umusore w’imyaka 26 wo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Remera, yimanitse mu mugozi arapfa, bikekwa ko byatewe no gufuhira umukobwa bakundanaga kuko yari amaze iminsi amwambuye telefone ye, ariwe ugenzura abamuhamagara n’abamwandikira.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 9 Nyakanga 2025, uyu musore yabanaga n’ababyeyi be mu Mudugudu w’Icyerekezo mu Kagari ka Butiruka mu Murenge wa Remera.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Amakuru ava mu baturage bo muri uyu Murenge, avuga ko bikekwa ko uyu musore nyuma yo kwambura umukobwa bakundanaga telefone ye akayimarana igihe, ashobora kuba yarabonye ibimenyetso ko afite abandi yihebeye, kwihangana bikamunanira akiyahura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Urujeni Consolee, yameje ko uyu musore w’imyaka 26 yimanitse mu mugozi.

Yagize ati “Ababyeyi batubwiye ko mu gitondo bari bari kumwe n’uyu musore ari muzima, nyuma baza kubwirwa ko yiyahuye kuko yimanitse mu mugozi. Batubwiye ko hari umukobwa w’inshuti ye bakundanaga wabaga mu Karere ka Kayonza, aheruka kumusura amwaka telefone arayizana, umukobwa akajya amusaba kuyimusubiza umuhungu akamubwira ko azaza kuyifata iwabo hari abantu benshi.’’

Gitifu yakomeje avuga ko uwo mukobwa yaje guhamagara Umukuru w’Umudugudu w’aho umusore atuye amusaba ko yamufasha kwaka uwo musore telefone ye, uwo muyobozi ngo yaje kureba uwo musore arabimubwira undi amubwira ko azayimuha. Yakomeje avuga ko nk’uko yari yarabibwiye umukobwa ko aziyahura ari nako byagenze.

Uyu muyobozi yavuze ko batamenye niba aricyo cyateye uwo musore kwiyahura ngo kuko uretse kuba yari yarabiciye mu marenga aganira n’umukobwa, nta wundi muntu yari yarabibwiye.

Ati “Ashobora kuba yarazanye iyo telefone y’umukobwa wenda akaba yayibonyemo amafoto ari kumwe n’abandi bantu, ashobora kuba na none hari ibyo yijeje umukobwa wenda na none umukobwa akaba yamuvumbuye ntabwo twabimenya gusa yimanitse mu mugozi.’’

Ubwo inzego z’umutekano zageraga iwabo w’uyu musore, ababyeyi be bavuze ko ntawe bashinja kubicira umwana, basaba inzego z’umutekano kubemerera bagategura uburyo bamushyingura

Previous Post

Meteo Rwanda: Iteganyagihe rya none tariki 10 Nyakanga 2025

Next Post

Kenya: Perezida yategetse Polisi kujya irasa abantu bigaragambya

Next Post
Kenya: Perezida yategetse Polisi kujya irasa abantu bigaragambya

Kenya: Perezida yategetse Polisi kujya irasa abantu bigaragambya

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved