• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Gatsibo: Umunyeshuri yaciye ikizamini cya Leta akijugunya mu bwiherero

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 16, 2025
in Amakuru
0
Gatsibo: Umunyeshuri yaciye ikizamini cya Leta akijugunya mu bwiherero
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umukobwa wiga ku Rwunge rw’Amashuri rwa Rwikiniro, ishuri riherereye mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Gatsibo, yakoze ikizamini cya Literature in English, abonye ko ibyo yabajijwe atabizi bishobora no gutuma abona zeru, aracyiba ajya kukijugunya mu bwiherero.

Ibi byabaye kuwa Mbere tariki ya 14 Nyakanga 2025 ubwo abiga indimi bakoraga ikizamini cy’Ubuvanganzo. Ubwo abandi bari bari gukora umwe mu bakobwa biga indimi kuri GS Rwikiniro yarebye ikizamini babajijwe asanga atari bukibashe ahitamo kugica.

Related posts

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

U Rwanda rushobora gukura ingabo zarwo muri Mozambique

March 15, 2026
Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimbogo, Musonera Emmanuel, yemeje ko uwo munyeshuri yaciye ibisubizo yari yatanze ku kizamini cya Literature nyuma yo kubona ko ashobora kuzabona zeru abandi bana bakamuseka.

Yagize ati “Ni umwana wari uri mu kizamini abona ko ibyo bamubajije adashobora kubitsinda ngo cyamunaniye noneho amasaha yo gusoza ikizamini ageze, aho kugira ngo we atange ibisubizo yatanze ikiriho ibibazo (Questionaire) abarimu bagira ngo yatanze ikiriho ibisubizo, ikindi yarakijyanye aragica akijugunya mu bwiherero.’’

Gitifu Musonera yakomeje avuga ko ubwo abarimu n’abandi bakuriye site iri gukorerwaho ibizamini bagenzuraga niba abanyeshuri bose batanze kopi ziriho ibisubizo, basanze muri iryo shuri harimo umunyeshuri umwe ubura bagenzuye neza basanga hari umukobwa watanze kopi y’ibibazo.

Ati “Mu kubaza uwo mwana, umunyeshuri yasobanuye ko icyatumye ashwanyaguza ikizamini ari uko amasaha yamushiriyeho nta kibazo na kimwe akoze, bityo akabona azaseba muri bagenzi be.’’

Uyu muyobozi yavuze ko kuri ubu uwo mukobwa yagarutse gukora ibindi bizamini bisigaye kandi ko nta kindi kibazo cyagaragaye.

Kuri ubu abanyeshuri barenga ibihumbi 255 bari gukora ibizamini bya Leta mu Rwanda hose, abari gukora ibizamini bisoza icyiciro rusange ni 149.134. Mu cyiciro cya Kabiri ibizamini biri gukorwa n’abanyeshuri 106.364

Previous Post

Nyamagabe: Umunyeshuri waruri gukora ikizamini cya Leta yafatanywe icyuma avuga ko ari bugitere umuntu nibarangiza ikizamini

Next Post

Nyamagabe: Abayobozi babiri bo mu Karere bahagariyswe, undi umwe arasezera

Next Post
Nyamagabe: Abayobozi babiri bo mu Karere bahagariyswe, undi umwe arasezera

Nyamagabe: Abayobozi babiri bo mu Karere bahagariyswe, undi umwe arasezera

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved