Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, yataye muri yombi abantu babiri,aho bafatanywe udupfunyika tw’urumogi tugera ku 1144.
Uwitwa ngirabatware Fredinand ufite imyaka 35 na Nyiranizeyimana Honorine ufite imyaka 30y’amavuko batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda bazira gufatanywa udupfunyika tw’urumogi tugera ku 1144, bafashwe kuri uyu wa Gatandatu taliki 16 Kanama 2025.
Bakaba bafatiwe mu murengw wa jabana, akagali ka Bweramvura, umudugudu wa Taba, bitewe n’amakuru abaturage bari bamaze gutanga,bakaba bafashwe bari kurupakira mu mufuka ngo barujyane kurugurisha.
CIP Gahonzire yasobanuye ko uru rumogi rwari rubitse mu nzu ya Ngirabatware naho Nyiranizeyimana akaba yaraje kurutwara ngo ajye kurucuruza ku abakiriya be mu Murenge wa Gisozi.
Yagize ati “bafatiwe mucyuho basoje kurupakira bagiye kurugurisha, kuba abaturage batangira amakuru kugihe aba bantu bagafatwa n’ikimenyetso cyerekana ko abaturage bamaze kumva ububi bw’ibiyobyabwenge, ibi bikaba ari kimenyetso cyiza cyerekana ubufatanye buti hagati y’inzego z’umutekano za polisi n’abaturage ni bakomereze aho”.
Icyaha cyo gucuruza urumogi, kuruhinga ,kubihindura, kubibika, kubitunda cyangwa kubiha undi hano mu Rwanda ugafatwa uhanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya miliyoni 20,000,000 z’amafaranga y’u Rwanda gusa atarenze miliyoni 30,000,000 z’amafaranga y’u Rwanda.

ISOKO:UMUSEKE




