• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Gasabo: Polisi yataye muri yombi umugore wakoraga inzoga zizwi nk’ibyuma mu buryo butemewe

OMEGA BOY by OMEGA BOY
August 13, 2025
in Amakuru
0
Gasabo: Polisi yataye muri yombi umugore wakoraga inzoga zizwi nk’ibyuma mu buryo butemewe
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 aho akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa Liquer, yafashwe na Polisi ikorera muri uyu Murenge nyuma yaho abaturage tariki ya 12/08/25 bahamagaye kuri Polisi ya Ndera bavuga ko uyu mugore akora izi nzoga zidafite ubuzirange.

Abapolisi bari kumwe n’abakozi ba FDA, bahise bajya mu rugo rw’uyu mugore ruherereye mu Kagali ka Rudashya mu Mudugudu wa Munini, basatse mu nzu ye bahasanga amakarito 3 arimo amacupa 72 y’inzoga za liquer yise ONE SIP GIN, aho zari zibitse muri depo yarazivanze n’izindi nzoga yacuruzaga ariko zo zemewe mu rwego rwo kujijisha, yanafatanywe kandi bimwe mu bikoresho yifashisha mu gukora izi nzoga harimo; Ethanol L 50, Fleva ihindura uburyohe n’impumuro ingana na 0.5 L, Amacupa y’ibyuma akoresha ari mu mifuka, Imifuniko apfundikiza ayo macupa myinshi itandukanye, Amakarito yakoze afungamo ibyo yakoze.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Uyu mugore kandi si ubwa mbere afatirwa mu bikorwa nk’ibi byo gukora inzoga zidafite ubuzirange kuko yigeze kubifatirwamo arafungwa arangiza igihano ariko yanga kubireka abisubiramo.

Ntakirutimana n’ibyo yafatanywe yafungiwe muri sitasiyo ya Polisi ya Ndera kugirango akorerwe dosiye ajyanwe mu bugenzacyaha RIB, kugirango akurikiranwe n’amategeko.

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage bakomeje kugaragaza ubufatanye mu kurwanya abijandika mu byaha cyane cyane abijandika mu biyobyabwenge, kiba ari ikimenyetso cy’ubufatanye mu kurwanya ibyaha.


Previous Post

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hagati y’itariki ya 21-28 Nzeri 2025 amashuri y’i Kigali azafunga, abakozi ba Leta nabo bakorere mu rugo

Next Post

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania yasuye Urwibutso rwa jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Next Post
Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania yasuye Urwibutso rwa jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania yasuye Urwibutso rwa jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved