• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

FC Barcelona yemeye kwamamaza DR Congo kuri miliyoni 46$

OMEGA BOY by OMEGA BOY
July 19, 2025
in Amakuru
1
FC Barcelona yemeye kwamamaza DR Congo kuri miliyoni 46$
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Leta ya DR Congo yemeye kwishyura FC Barcelona yo muri Espagne miliyoni 46$ yo kwamamaza iki gihugu hagamijwe guteza imbere ubukerarugendo bwacyo, nk’uko biri mu masezerano ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko byabonye.

Ayo masezerano yo ku itariki 29 z’ukwezi gushize kwa Kamena(6) avuga ko ikirango (logo) kigaragaza iki gihugu nka “umutima wa Afurika” kizaboneka inyuma ku myenda y’imyitozo y’amakipe y’abagabo n’abagore ya Barcelona.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Iyo ’logo’ kandi izaboneka mu kwamamaza iyi kipe, muri magazine yayo no muri raporo y’umwaka y’iyi kipe, nk’uko ayo masezerano abivuga.

DR Congo izishyura hagati ya miliyoni 11$ na miliyoni 13$ ku mwaka mu gihe cy’imyaka ine y’aya masezerano.

Amakipe ya AS Monaco yo mu Bufaransa na AC Milan yo mu Butaliyani, na yo mu kwezi gushize yatangaje, atavuze uko yishyuwe, amasezerano yagiranye na DR Congo.

Ku wa gatatu, Moïse Katumbi ukuriye ishyaka Ensemble Pour La Republique ritavugarumwe n’ubutegetsi, yandikiye ibaruwa Perezi Félix Tshisekedi avuga ko ayo masezerano ari “igitutsi ku kababaro k’abaturage ba Congo”.

Mu ibaruwa ye, Katumbi usanzwe ufite ikipe ya TP Mazembe, yagize ati: “Barasohora miliyoni z’amadorari yo gufasha amakipe akize cyane y’Iburayi mu gihe bananiwe gutanga 600 000$ ngo turangize shampiyona yacu y’umupira w’amaguru. Ni ngombwa kwibutsa ko shampiyona yacu yahagaze igeze hagati kubera kubura amafaranga?…”

Yongeraho ati: “Mu gihe bimeze gutyo, barasinya amasezerano n’amakipe yo hanze afite abakinnyi b’abasimbura bahembwa neza kurusha minisitiri wa Congo”.

Didier Budimbu, minisitiri wa DR Congo w’imikino yabwiye Reuters ko amasezerano na AS Monaco ari miliyoni 1.8$ ku mwaka. Gusa ntiyatangaje azishyurwa AC Milan.

Umwe mu bagize guverinoma avuga ko amasezerano na AC Milan angana na miliyoni 16$ ku mwaka, nk’uko Reuters ibivuga.

Mu gutangaza amasezerano na AC Milan tariki 20 Kamena(6), minisitiri Didier M’Pambia w’ubukerarugendo muri DRC yavuze ko ari uburyo bwa leta bwo “gusubiza DRC ku ruhando mpuzamahanga nk’igihugu gikomeye ku mugabane wa Afurika” mu guteza imbere ubukerarugendo no kwerekana amahirwe gifite mu ishoramari.

Previous Post

Uganda: Umunyarwenya w’umunyarwanda yatawe muri yombi

Next Post

Presidential Train Now Available For Jakartans Traveling To Bandung

Next Post

Presidential Train Now Available For Jakartans Traveling To Bandung

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved