• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Fatakumavuta yakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 14, 2025
in Amakuru
0
Fatakumavuta yakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa 13 Kamena 2025, rwakatiye Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta igifungo cy’imyaka ibiri n’amezi atandatu, rumuca n’ihazabu ya 1.300.000 Frw.

Urukiko rwasanze amagambo Fatakumavuta yatangaje agize ibikorwa byo gukangisha gusebanya, bityo ko icyaha cyo gukangisha gusebanya gihanishwa igifungo cy’umwaka umwe n’ihazabu ya 300.000 Frw, kikaba kimuhama.

Related posts

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

Ihuriro AFC/M23 ryafashe akandi gace kari hafi ya Uvira

March 17, 2026
Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026

Ku cyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, rwasanze ibikorwa n’imvugo bya Fatakumavuta bijyanye n’itegeko rihana iki cyaha gihanishwa igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya 1.000.000 Frw.

Urukiko rwasanze kuba mu mubiri wa Fatakumavuta harasanzwe igipimo kirenze igiteganyijwe, bimuhamya icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge gihanishwa igifungo cy’umwaka umwe, nubwo we agihakana.

Rwasanze kuba yarasabaga ko yakongera gupimwa, nta shingiro bifite kuko atagaragaza impamvu cyangwa ikimenyetso kivuguruza raporo y’abahanga yatanzwe n’Ubushinjacyaha.

Fatakumavuta kandi yashinjwaga icyaha cy’ivangura. Urukiko rwasanze kitamuhama kubera ko amagambo yakoresheje avuga ko umugore wa Bahati ari umukene, atagize ivangura, kandi ko aya magambo atagaragaza ko yari afite umugambi mubi.

Urukiko kandi rwasanze icyaha cyo gutukana mu ruhame kitamuhama, kuko kuba yaravuze ko “The Ben akunda kwiriza nk’umwana” bitagize icyaha cyo gutukana mu ruhame. Umucamanza yasobanuye ko ibyo atari igitutsi.

Muri rusange, urukiko rwagaragaje ko Fatakumavuta yagombaga guhanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya 1.300.000 Frw kubera ko habaye impurirane mbonezamugambi.

Iyo habaye impurirane mbonezamugambi, itegeko riteganya ko umucamanza ateranya ibihano by’ibyaha byose uregwa yahamijwe gusa kubera ko Fatakumavuta yaraburanye yemera bimwe mu byaha akurikiranyweho, hakwiye kubaho impamvu nyoroshyacyaha, akagabanyirizwa ibihano.

Urukiko rwasobanuye ko kubera impamvu nyoroshyacyaha, Fatakumavuta yakatiwe igihano cy’imyaka ibiri n’amezi atandatu n’ihazabu ya 1.300.000 Frw, rumumenyesha ko yemerewe kujuririra iki cyemezo mu minsi itarenga 30 kuva iki cyemezo gifashwe.

Fatakumavuta yatawe muri yombi tariki ya 18 Ukwakira 2024, ubu akaba afungiwe mu Igororero rya Nyarugenge. Amezi hafi umunani agiye kumara afunzwe azagabanywa ku gifungo yakatiwe.

Previous Post

Inkuru ibabaje: Umubyeyi wa Chriss Eazy yitabye Imana

Next Post

Rusizi: Umusore yashyize ifoto ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yapfuye haciyeho amasaha macye bamusanga mu giti yapfuye

Next Post
Rusizi: Umusore yashyize ifoto ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yapfuye haciyeho amasaha macye bamusanga mu giti yapfuye

Rusizi: Umusore yashyize ifoto ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yapfuye haciyeho amasaha macye bamusanga mu giti yapfuye

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved