Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’abarwanyi ba Wazalendo ndetse n’Ingabo z’u Burundi, bivugwa ko zagabye igitero cy’ubusahuzi mu mujyi wa Makobola uherereye muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere yo kuwusiga ngo zigende .
Aya makuru avuga ko ubwo busahuzi bwabaye mu ijoro ryo ku wa 29 rishyira ku wa 30 Ukuboza 2025, nyuma y’imirwano ikomeye izo ngabo zari zimaze gutsindwa n’abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23.
Abaturage bo muri Makobola bavuga ko izi ngabo zasahuye imitungo yabo ku buryo bukabije, zirimo amatungo magufi nk’ihene, intama n’inkoko, kimwe n’ibindi bintu by’agaciro byifashishwaga mu mibereho ya buri munsi.
Bamwe mu baturage batangaza ko ubu busahuzi bwabaye mu kajagari no mu bwoba bwinshi, busiga imiryango myinshi mu bukene bukabije ndetse no mu ihungabana rikomeye.
Byongeye kandi, hari amakuru avuga ko bamwe mu barwanyi ba Wazalendo basambanyije abagore bo muri uwo mujyi, mbere y’uko bahungira mu bice bihana imbibi na Makobola.




