• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Dwayne Johnson uzwi nka The Rock yateje impagarara ku mbuga nkoranyambaga kubera kunanuka bikabije

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 2, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Dwayne Johnson uzwi nka The Rock yateje impagarara ku mbuga nkoranyambaga kubera kunanuka bikabije
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Amashusho yerekana The Rock afite isura nshya y’umubiri yagiye ku rubuga rwa TikTok, bikaba byarateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mukinnyi wa filimi uzwiho kugira ibigango bikomeye, kugaragara mu buryo butunguranye, byatumye benshi babyibazaho cyane.

Amashusho yafashwe ubwo The Rock yitabiraga iserukiramuco rya Venice Film Festival, aho bamwe bavuga ko yashoboye gutakaza ibilo bigera kuri 60 pounds (kg 27). Ibi byatumye abafana batandukanye bagaragaza ibitekerezo bitandukanye: bamwe bavugaga ko agaragara neza kurusha mbere, abandi bakibaza niba hari ikibazo cy’ubuzima.

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

Umwe mu bafana yanditse ati: “The Rock asa nk’akabuye gaconze (Pebble).” Undi ati: “Ndabona agaragara neza ubu.” Hari n’uvuze ati: “Yarashaje, kandi ntakibasha kugira ibigango by’ubushobozi bwiza.” Undi nawe yagize ati: “Ashobora kuba yabikoze kugira ngo agire uruhare muri filimi, ariko nanone ni byiza ku buzima bwe no kuramba.”

The Rock we yasobanuye ko iyi mpinduka ku mubiri we yari igamije kugaragara mur filimi ye nshya yitwa ‘The Smashing Machine’. Mu kiganiro na Hollywood Reporter, yavuze ko kugabanya ibiro byamusabye kwiyemeza no gukora cyane.

Yagize ati: “Ibi ntibyari ibintu byoroshye. Nagize amahirwe yo gukora imirimo myinshi mu myaka yashize, ariko icyahoraga kingora ni ukureba niba nshobora gukora ibirenze. Nifuzaga gukora iyi filimi, ariko nabanje kwibaza uko nagerwaho.”

Uyu mukinnyi wanabaye umukinnyi w’imikino y’iteramakofe, yavuze ko umwanya yagombaga gukina muri iyi filimi, usaba kugaragara akiri muto, ku buryo imyaka ye igaragara nk’iri hagati ya 13 na 14. Yavuze ko , yamaze amasaha atatu kuri ane yireba yiyemeza kugabanya ibiro kugira ngo agaragare neza muri filimi.

 

Previous Post

Nigeria: Umugore yishwe atwitswe kubera gutuka Muhammad

Next Post

Musanze:Umugabo n’umwana we bapfuye mu buryo bubabaje

Next Post
Musanze:Umugabo n’umwana we bapfuye mu buryo bubabaje

Musanze:Umugabo n’umwana we bapfuye mu buryo bubabaje

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved