Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko uruhande ihanganye narwo rukomeje kutubahiriza agahenge kari karashyizweho ko guhagarika imirwano, rukomeje kugaba ibitero bikomeye birimo ibikoreshejwe indege z’intambara n’ingabo zirwanira mu mazi, mu bice bitandukanye byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo.
Aya makuru yatanzwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Ukuboza 2025. Yavuze ko n’ubwo iri huriro rikomeje kugaragaza ubushake bwo kubahiriza agahenge no guha amahirwe inzira y’amahoro, uruhande bahanganye rukomeje kubyirengagiza.
Kanyuka yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje ibikorwa avuga ko bigamije guhungabanya umutekano w’abaturage, binyuranyije n’imyanzuro bwari bwarafashe. Yongeyeho ko ingabo zishyigikiye Leta ya RDC zikomeje kugaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 ndetse no mu bice bituwe n’abaturage basanzwe.
Yasobanuye ko kuri uyu wa Gatanu, guhera saa kumi n’imwe za mu gitondo, ingabo za Leta ya Kinshasa zagabye ibitero mu gace ka Makobola hifashishijwe indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa kamikaze n’ingabo zirwanira mu mazi, zivuye mu mujyi wa Baraka. Ibi bitero byibasiye ibice bituwe cyane n’abaturage n’ibirindiro bya AFC/M23.
Yakomeje avuga ko saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo, hari n’ikindi gitero cyagabwe mu gace ka Minembwe, aho hakoreshejwe indege zitagira abapilote n’imbunda ziremereye, bigateza ubwoba n’ihungabana mu baturage.
Umuvugizi wa AFC/M23 yasabye Abanyekongo n’imiryango mpuzamahanga gukurikirana no kwamagana ibi bikorwa avuga ko binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga ndetse n’inzira z’amahoro.
Yagize ati “Ibi bikorwa bigaragaza ko ubutegetsi bwa Kinshasa butari mu murongo wo gushakira igihugu amahoro, ahubwo bukomeje guteza urugomo no kwimakaza umuco wo kudahana.”
Ibi bibaye mu gihe hari hashize umunsi umwe gusa AFC/M23 itangiye gukura ingabo zayo mu mujyi wa Uvira, icyemezo yavuze ko cyari kigamije guha umwanya ibiganiro bigamije gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.




