Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Jose Chameleone, yongeye gusobanura ko amakuru amaze igihe avugwa ko yatandukanye n’umugore we, Daniella Atim, ari ibihuha byambaye ubusa.
Ibi yabivugiye imbere y’abafana be mu gitaramo giheruka, aho yasabye buri wese kudahugira mu makuru y’ubuzima bwe bwite ahubwo bakibanda ku bihangano bye.
“Ndashimira buri wese wampagarariye muri uru rugendo. Ibivugwa mujye mubishyira ku ruhande, tureke muzika yanjye ibe ari yo twita ho. Byose biri mu mugambi w’Imana,” niko yabivuze.
Chameleone na Daniella bashakanye imyaka irenga 17, bakaba bafitanye abana batanu. Gusa hashize igihe havugwa ko umubano wabo utameze neza. Muri Werurwe, hari amakuru yavugaga ko Daniella yagejeje ikirego ku rukiko rwa Kampala, asaba ko urukundo rwabo rwaba ruhanaguwe burundu.
Amakuru yagaragajwe n’itangazamakuru ryo muri Uganda yavugaga ko Daniella ashinja Chameleone kutamwitaho, kumuhohotera ndetse no kumutererana mu rugo. Byongeye, ngo yasabaga guhabwa byinshi mu mutungo w’umuryango harimo 60% by’ibyo batunze, uburenganzira bwo kurera abana batanu ku giti cye, indezo n’inzu yabo i Seguku.
Nubwo ibyo byose bikomeje guhwihwiswa, Chameleone akomeje gushimangira ko icyo yifuza ari uko abafana be bakomeza kumushyigikira nk’umuhanzi, aho kumuhindura inkuru y’urugo rwe.




