• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Amategeko mashya y’umuhanda: Dore amanota abashoferi bagiye kujya bakurwaho igihe bayakoze batwaye ikinyabiziga

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
October 1, 2025
in Amakuru
2
Amategeko mashya y’umuhanda: Dore amanota abashoferi bagiye kujya bakurwaho igihe bayakoze batwaye ikinyabiziga
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Mu rwego rwo kongera umutekano ku mihanda, Itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda riri kuvugururwa, rikaba ryitezwe gushyiraho ibihano bishya byo gukuraho amanota ku batwara ibinyabiziga. By’umwihariko, ikosa ryo guhunga aho umuntu yakoreye impanuka rizajya rituma umuntu akurwaho amanota 6.

Uyu mushinga w’itegeko ugizwe n’ingingo 43, zirimo izavuguruwe ndetse n’izishya, cyane cyane izirebana n’ibi bihano by’inyongera byo gukuraho amanota.

Related posts

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026
Abasirikare b’u Rwanda boherejwe muri Jamaica batangiye imirimo yo gusana ibyangiritse -Amafoto

Abasirikare ba RDF bari bari muri Jamaica batashye

March 16, 2026

Buri muntu azajya atangirana amanota 15 ku mwaka, hanyuma ayo manota agabanuke uko umuntu akora amakosa akomeye. Mu gihe amanota agera kuri zero mbere y’uko umwaka urangira, umushoferi azahagarikirwa mu buryo bw’agateganyo, akazongera guhabwa amanota yuzuye igihe umwaka mushya utangiye.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr. Jimmy Gasore, avuga ko ibi bizafasha guca intege abantu bakunze gukora amakosa asubirwamo kenshi, harimo n’ayashyiriweho ibi bihano by’inyongera.

Uko Amakosa azajya agenda avanwaho

Guhunga aho wakoreye impanuka – amanota 6

Gutwara imodoka nta speed limiter cyangwa kugakomokora umuntu uri mu rugendo – amanota 5 kuri buri kimwe

Kunywa ibisindisha cyangwa ibiyobyabwenge – amanota 4 kuri buri kimwe

Kurenza umuvuduko cyangwa gutwara umuntu wahagaritswe uburenganzira – amanota 3

Kuvugira kuri telefone mu gihe utwaye – amanota 2

Dr. Gasore yongeraho ko igihe iri tegeko ryemejwe, hazatangizwa ubukangurambaga bwo kumenyesha abatwara ibinyabiziga iby’ibi bihano, harimo ubutumwa buzajya bohererezwa buri wese bugaragaza ikosa yakoze n’amanota yakuwemo. Nyuma y’aho, azajya azajya ahanwa ako kanya nk’uko itegeko ribiteganya.

Ibi bihano by’inyongera bigamije gukumira amakosa akunze gutera impanuka, cyane cyane gukoresha ibiyobyabwenge, kurenza umuvuduko, no gutwara umuntu mu buryo butemewe.

Previous Post

Iyumvire ubutumwa Madamu Jeannette Kagame yahaye ababyeyi -burimo isomo rikomeye

Next Post

Pyramids FC yandagaje APR FC ku mugaragaro

Next Post
Pyramids FC yandagaje APR FC ku mugaragaro

Pyramids FC yandagaje APR FC ku mugaragaro

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved