• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Donald Trump yazinutswe abanye Congo nyuma y’uko bateje ibibazo mu gihugu ayoboye

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
January 22, 2026
in Amakuru
0
Donald Trump yazinutswe abanye Congo nyuma y’uko bateje ibibazo mu gihugu ayoboye
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje amagambo akakaye ashinja abimukira baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kuba bateza ibibazo bikomeye igihugu ayoboye.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro aherutse guha abanyamakuru, aho yagaragaje ko bamwe mu baturage b’iki gihugu bajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakomoka mu magereza, kandi ko ari abantu bagoranye cyane.

Related posts

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

Goma: Abaturage biraye mu mihanda bakora imyigaragambyo basaba M23 gukuraho ubutegetsi bwa Tshisekedi

March 12, 2026
Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

Iran yaburiye Donald Trump kugenza make, imubwira ko ashobora kwisanga ariwe wishwe nyuma y’ibyo yavuze

March 10, 2026

Trump yavuze ko azi RDC kubera uruhare rwe mu guhagarika intambara yahuzaga icyo gihugu n’u Rwanda, ariko agaragaza abaturage bacyo nk’abantu bari mu babi kurusha abandi ku Isi.

Yagize ati: “Ni abantu babi cyane ku Isi. Baturuka muri Congo, benshi muri bo bakomoka mu magereza. Nzi Congo kubera ko narangije intambara ya Congo n’u Rwanda. Ni itsinda rigoye cyane.”

Si ubwa mbere Perezida Trump anenga RDC n’abimukira bakomoka muri iki gihugu. Ku wa 17 Mata 2025, ubwo yakiraga Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni, yabajijwe aho ageze akemura ikibazo cy’abimukira batemewe n’amategeko. Yasubije ko umutekano wo ku mipaka ya Amerika umeze neza kuva yasubira ku butegetsi.

Yavuze ko mu gihe cya manda ye ya mbere yari yarakemuye icyo kibazo, ariko ko cyongeye kugaruka mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joe Biden, aho umubare w’abimukira batemewe n’amategeko wiyongereye cyane.

Trump yongeye gushimangira ko RDC yoherezaga muri Amerika abantu bakoze ibyaha bikomeye, agira ati: “Twakiriye abicanyi, abacuruza ibiyobyabwenge n’abantu bafungiwe ibyaha bikomeye. Hirya no hino ku Isi, harimo na Congo muri Afurika, bafunguye amagereza yabo, abantu benshi baza muri Amerika.”

Yanavuze ko hari n’abandi bimukira baturuka mu bihugu byo muri Amerika y’Epfo, by’umwihariko Venezuela, aho yavuze ko imfungwa zoherezwa muri Amerika mu gihe cy’ubutegetsi bwa Biden.

Mu kwezi kwa Kanama 2025, ubwo Trump yaganiraga n’umuherwe Elon Musk ku rubuga rwa X ( Twitter), yavuze ko Leta ya Congo yabonaga gukomeza gufunga abantu bayo bihenze, igahitamo kubohereza muri Amerika.

Yagize ati: “Hari abantu baturukaga muri Afurika, by’umwihariko muri Congo. Abantu 22 baherutse kuza bava muri Congo, kandi bose ni abicanyi. Bari kubakura mu magereza kuko kubafunga bihenze, bagahitamo kubohereza muri Amerika.

Previous Post

Ihuriro AFC/M23 ryigambye gusubirana umujyi wa Uvira

Next Post

U Burusiya burashaka kugira uruhare mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo

Next Post
U Burusiya burashaka kugira uruhare mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo

U Burusiya burashaka kugira uruhare mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

Š 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

Š 2025 All Right Reserved