Donald Trump ashimangira ko Ukraine ikwiye guharira u Burusiya bimwe mu bice by’ubutaka igenzura, mu rwego rwo guhagarika intamabara iri hagati ya Ukraine n’uburusiya.
Nyuma y’inama aherutse kugirana na Perezida Putin w’u Burusiya, amakuru avuga ko Trump yiteguye gusaba Perezida Volodymyr Zelensky kwemera kurekura ubutaka bugenzurwa n’u Burusiya, bukaba ubw’icyo gihugu mu buryo budakuka.
Nyuma y’inama iherutse kubera i Alaska yahuje Putin na Trump ngo harebwe icyakorwa kugirango iyi ntambara ihagarare, amakuru avuga ko Trump yitegura gusaba Volodymyr Zelensky kurekura bimwe mubice u’Burusiya bugenzura bikaba ibyabo burundu.
Mu 2022 Hashyira mu 2023 u Burusiya bwakoresheje amatora ya kamarampaka, abaturage b’ibyo bice byombi bemera kugenzurwa n’u Burusiya, aho abo baturage baba, bikaba bivugwa ko aribwo butaka buvugwa muri iyi ngingo,ni mugace ka Donetsk na Lungansk niho buherereye.
Ariko kujyeza ubu umuryango mpuzamahanga na Ukraine baracyahafata nkaho akiri ibice bya Ukraine, Bivugwa ko Putin yaba yarasababye Trump ko Ukraine yemeye ko u Burusiya bugenzura ibyo bice buzabagarika intambara bishobora gutuma irangira burundu.
Perezida Trump afitanye inama na Zelensky ndetse na bagenzi be baturutse mu bihugu by’u Burayi, aho bivugwa ko aza kubagezaho icyo cyifuzo nawe ubwe ashyigikiye.
Gusa Ukraine yakunze kwamagana icyo cyifuzo gusa bicyekwako kubera igitutu Amerika iri kuyitera bishoboka ko bahindura ibitekerezo.




