Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yiteguye gufatira u Burusiya ibihano bikomeye, ariko bigashingira ku cyemezo cy’ibihugu bigize OTAN cyo kureka kugura ibitoro n’ingufu bituruka muri Moscow.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko ibihugu byo mu Burayi bikwiye kubanza kugaragaza ubushake bwo guhagarika ibikorwa byo kugura ibitoro by’u Burusiya. Yongeyeho ko kugura izi ngufu ari “ikintu kibabaje cyane” kandi “gihungabanya imbaraga za OTAN mu biganiro n’u Burusiya.”
Mu ibaruwa yageneye abayobozi b’ibihugu bigize OTAN, Trump yagize ati: “Niteguye gutangira igihe namwe muzaba mwiteguye. Mumbwire gusa ni ryari.”
Yanatanze igitekerezo ko hashyirwaho imisoro iri hagati ya 50% na 100% ku bicuruzwa biva mu Bushinwa bijya ku isoko rya OTAN, avuga ko byaca intege ubushobozi Beijing ifite bwo gufasha u Burusiya.
Trump yavuze kandi ko guhagarika kugura ibitoro by’u Burusiya ndetse no gushyiraho imisoro myinshi ku Bushinwa ari uburyo bwatuma intambara iri hagati ya Moscow na Kyiv irangira vuba.
Ubumwe bw’u Burayi bumaze kugabanya cyane ikoreshwa rya gaze y’u Burusiya kuva iki gihugu cyagaba igitero kuri Ukraine mu 2022. Kuva kuri 45% byakoreshwaga icyo gihe, ubu byamanutse bigera hafi kuri 13%. Ariko Trump yemeza ko uwo mubare ukiri mwinshi, agasaba ko hakorwa byinshi kurushaho.
Ibi byose bije mu gihe umwuka w’ubushyamirane wongeye kuzamuka hagati ya OTAN n’u Burusiya, nyuma y’uko drones z’intambara zibarirwa mu icumi zivuye muri Moscow zinjiye mu kirere cya Pologne mu cyumweru gishize.
Pologne yavuze ko icyo gikorwa cyakozwe ku bushake, mu gihe u Burusiya bwo bwahakanye bwivuye inyuma, buvuga ko nta gahunda bufite yo kugaba ibitero kuri icyo gihugu.




