• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home Amakuru

Donald Trump yahindutse iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga kubera ikoti yambaye mu ishyingurwa rya Papa Francis

OMEGA BOY by OMEGA BOY
April 27, 2025
in Amakuru
0
Donald Trump yahindutse iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga kubera ikoti yambaye mu ishyingurwa rya Papa Francis
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahindutse iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bamunenze kubera ko yambaye ikoti rifite ibara ry’ubururu mu ishyingurwa rya Papa Francis.

Umuhango wo gushyingura Papa Francis wari umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, wabaye ku wa 26 Mata 2025. Witabiriwe n’abayobozi bakomeye bagera kuri 150 barimo na Perezida Donald Trump.

Related posts

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

Huye: Abaturage bakurikiranyweho gutera amabuye inzego z’umutekano no gukubita gitifu agakomereka

March 17, 2026
Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe i Goma

March 17, 2026

Uyu mukuru w’igihugu nubwo atari we muyobozi wenyine witabiriye uyu muhango, bisa nk’aho ari we wagarutsweho cyane.

Ubwo hasohokaga amashusho n’amafoto y’uko uyu muhango uri kugenda, benshi batunguwe no kubona imyambarire ya Donald Trump.

Impamvu yatumye imyambarire ye igarukwaho ni uko yari yambaye ikoti ry’ubururu nyamara abandi bayobozi bambaye amakoti y’umukara. Bamwe bamunenze, bavuga ko yambaye ibara rihabanye n’ibyo yagiyemo cyane ko ibara ryo gushyingura ari umukara.

Icyakoze nubwo benshi bamunenze, ntabwo Trump yarenze ku mategeko ya Vatican nk’uko umwe mu bayobozi baho yabitangarije People Magazine.

Yavuze ko abantu bose bitabiriye uyu muhango bari bemerewe kwambara ibara bashaka kuko nta bara cyangwa imyambaro yashyizweho bagombaga gukurikiza.

Previous Post

Yago n’umukunzi we Teta Christa biritegura kwibaruka imfura yabo-Amafoto

Next Post

Iyo adapfa yari kuba yujuje imyaka 30! Abakunzi b’umuhanzi Yvan Bravan witabye Imana bamwifurije isabukuru nziza

Next Post
Iyo adapfa yari kuba yujuje imyaka 30! Abakunzi b’umuhanzi Yvan Bravan witabye Imana bamwifurije isabukuru nziza

Iyo adapfa yari kuba yujuje imyaka 30! Abakunzi b'umuhanzi Yvan Bravan witabye Imana bamwifurije isabukuru nziza

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved