• AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Davido agiye kuba umwe mubazajya batanga ibihembo bya Grammy Awards

ISHIMWE Moise by ISHIMWE Moise
September 23, 2025
in IMYIDAGADURO
0
Davido agiye kuba umwe mubazajya batanga ibihembo bya Grammy Awards
0
SHARES
FacebookTwitterWhatsapp

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Davido, yamaze kwemererwa kuba umwe mu banyamuryango bashya ba Recording Academy – urwego rukomeye ku isi rufasha mu gutora abahatana no begukana ibihembo bya Grammy Awards.

Iyi nkuru yayitangarije abamukurikira ku rubuga rwe rwa Instagram ku wa kabiri, aho yagaragaje ko ari intambwe ikomeye mu rugendo rwe rwa muzika. Davido yagize ati:

Related posts

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

Umukinnyi wa filime Nyambo yavuze ko bigoye kuba yabona umusore wakemera ko amubera umugore

February 6, 2026
Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

Umukinnyi wa filime wamamaye nka Samusure wari umaze igihe mu buhingiro agiye kugaruka mu Rwanda

February 3, 2026

“Kwemererwa kuba mu bagira uruhare mu gutora ni indi ntera ikomeye mu buzima bwanjye bwa muziki. Ubu ngiye kugira ijambo mu byemezo bikomeye bifatwa buri mwaka ku bahanzi bahabwa ibihembo. Ndabishimira kandi biranyuze umutima.”

Davido, umaze igihe ahatanye mu bihembo bya Grammy ariko ntarabasha kwegukana na kimwe, akomeje gushyira izina rye ku rwego mpuzamahanga. Muri 2024 yari yahataniranye ibikombe bitanu ariko ntacyo yegukana. No muri 2025 yongeye guhatana mu cyiciro cy’Umuhanzi mwiza wa Afurika, abifashijwemo n’indirimbo ye Sensational yakoranye na Chris Brown na Lojay, gusa icyo gihembo cyegukanywe na Tems ku ndirimbo ye Love Me Jeje.

Kwinjira mu muryango wa Recording Academy bivuze ko Davido agiye gufatanya n’abandi bahanzi n’impuguke z’umuziki ku isi mu gutora abazahatanira ibihembo ndetse n’abazabitsindira. Ibi bigaragaza uburyo umuziki wa Afurika, by’umwihariko Afrobeats, ukomeje kurushaho kugira ijambo ku rwego mpuzamahanga.

Previous Post

Albanie: AI yahawe ubuyobozi mu Nteko biteza umwiryane

Next Post

Rubavu: Umwarimu afunzwe azira gukora amanyanga

Next Post
Rubavu: Umwarimu afunzwe azira gukora amanyanga

Rubavu: Umwarimu afunzwe azira gukora amanyanga

Please login to join discussion

POPULAR NEWS

  • REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    REB yahinduye amasaha Abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye bazajya batangiriraho amasomo

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • MIFOTRA: Itangazo rigenewe Abaturarwanda bose muri rusange ku minsi ine y’ikiruhuko

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Rulindo: Umupadiri yaririye Noheli muri gereza

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Karongi: Umugabo warumaze iminsi yinginga umugore we ngo batere akabariro akabyanga yiyahuye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0
  • Aya mahirwe ntagucike! Itangazo rireba abantu bose bifuza kwinjira muri RIB nk’abakozi mu myanya itandukanye

    0 shares
    Share 0 Tweet 0

Follow us on social media:

  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • AKAZI
  • Amakuru
  • Imikino
  • Uburezi
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 All Right Reserved